Ngororero: PSF y'Intara y'Iburengerazuba yagabiye inka abasirikare bamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu
Urugaga rw'Abikorera bo mu Ntara y'Iburengerazuba baremeye ingabo zamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu.
Abikorera bahagarariye abandi mu Turere 7 tugize iyi Ntara bagabiye inka 10 abamugariye ku rugamba bo mu Karere ka Ngororero
Mu guha ikaze abashyitsi Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 yagize ati:"Duhora tuzirikana ubwitange bwanyu butagamburujwe n'inzira z'inzitane mwanyuzemo; mwitaitanze mutuzigamye mutanga ubuzima bwanyu. Ni igihango mufitanye n'Igihugu n'abanyarwanda bose. Ubutwari bwanyu ni isomo rikomeye ku rubyiruko. Ubuyobozi buzahora bubazirikana no kubaha agagaciro mukwiriye.
Meya Nkusi yashimiye abikorera igikorwa cy'indashyikirwa bagaragaje ati ni urugero rwiza rw'ubufatanye hagati yanyu n"ubuyobizi bw'inzego za Leta mu guha agaciro abitangiye kubohora u Rwanda.
Uhagaririye abagabiwe inka yavuze ko zizabafasha kubaho neza bo n'imiryango yabo. Ati inka ni ikimenyetso cy'ubukungu, umuryango ufite inka ntukena, tuzoroza n'abandi. Yagize ati: "Turashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame kubera imiyoborere myiza ituma umuturage ahora ku usonga"
Umuyobozi wa PSF ku rwego rw'Intara nawe yashimiye ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu butuma bashobora kurangiza neza imirimo yabo bakagira ubushobozi bwo kugira uruhare mu iterambere ry'igihugu.
Umuyobozi w'Ingabo ku rwego rw'Intara yagize iki gikorwa kibaye twitegura kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora. Yashimiye abikorera iki gikorwa cy'indashyikirwa giha agaciro abagize uruhare rukomeye mu kubohora u Rwanda rukaba rurangwa n'umutekano utajegajega ruharanira iterambere rirambye ntawe uhejwe ku byiza byarwo.
Guverineri w'Intara Bwana Ntibitura Jean Bosco wari umushyitsi mukuru yavuze ko iyo hatabaho ingabo zabohoye Igihugu u Rwanda ruba rwarabaye umuyonga. Ati tuzirikana ubwitange bwabo kandi duha agaciro ubutwari ntagereranywa bwabaranze kugeza magingo aya.
Yashimiye abikorera kuba bazirikanye izi ngabo ati bigaragaza ko muziikana ko "amahoro tuzikesha ari umusingi w'iterambere n'ibyo twagezeho.
Igikorwa cyitabiriwe kandi n'abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Intara n'Akarere, abajyanama mu Nama Njyanama y'Akarere abikorera b'ingeri zose, abayobozi n'abaturage b'umurenge wa Kabaya n'iyo bihana imbibi.
Urugaga rw'Abikorera bo mu Ntara y'Iburengerazuba baremeye ingabo zamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu.
Abikorera bahagarariye abandi mu Turere…
Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, UWIHOREYE Patrick, yayoboye inama igamije gusuzuma intambwe imaze guterwa mu ishyirwa…
Muri Hotel UBUMWE iherereye mu Karere ka Nyarugenge, Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage MUKUNDUHIRWE BENJAMINE; ari…
Kuri GS GISEBEYA
mu murenge wa
Kabaya hizihirijwe Umunsi w' Umwana w'Umunyafurika ku rwego rw'Akarere
ku nsanganyamatsiko igira iti "Ndera neza, Nkure…
Inama isanzwe y'Inama Njyanama y'Akarere ka Ngororero irateranye iyobowe n'Umuyobozi wayo Madamu Nyiramasengesho Jeannette
Ku murongo w'ibyigwa hari:
-…
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…