Ngororero: Uburenganzira bw'umwana bwubahirizwe na buri wese: Meya Nkusi

Kuri GS GISEBEYA
mu murenge wa
Kabaya hizihirijwe Umunsi w' Umwana w'Umunyafurika ku rwego rw'Akarere
ku nsanganyamatsiko igira iti "Ndera neza, Nkure nemye"
Ibyaranze igikorwa:
- Ijambo ry'uhagarariye umushinga COMPASSION International ufasha mu kugira uburezi bufite ireme;
- Kugaburira abana indyo yuzuye
- Gushyikiriza seritifika z'ishimwe ba Malayika Murinzi.
Umushyitsi mukuru Mayor Nkusi Christophe yavuze ko kwizihiza Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika ari umwanya wo gusuzuma aho u Rwanda rugeze mu kurengera uburenganzira bw’imwana no kongera imbaraga mu kurwanya ihohoterwa ribakorerwa. 
Yashimye ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’abafatanyabikorwa baharanira guteza imbere imibereho n’uburezi buboneye bw’abana.
Yasabye ababyeyi, abayobozi, abarimu n’abaturage gukomeza ubufatanye mu kurengera uburenganzira bw'abana, kubarinda ihohoterwa, kubajyana mu ishuri, kubaha uburere buboneye no kubategurira ejo hazaza heza.
Yanashimangiye ko buri wese afite inshingano zo kurinda no guteza imbere uburenganzira bw’umwana.

Yasoje ashima abafatanyabikorwa mu kwita ku bana, abasaba gukomeza kubungabunga ubuzima n’imibereho myiza yabo kugira ngo bazagirire igihugu akamaro.

Muri iki gikorwa, Umufatanyabikorwa Building Tomorrow yatanze ibikoressho by'ishuli byahawe abana n'abanyeshuli

Igikorwa cyasojwe no guha seritifika imiryango 8 ya ba Malayika Murinzi bashimirwa uruhare rwabo mu gufasha Leta gutanga uburere bwiza ku bana.
Ibirori byitabiriwe kandi  n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick, Abayobozi b'inzego z'umutekano.
n'abafatanyabikorwa batandukanye, abarezi bo mu bigo by'amashuri n'abaturage.


Ngororero: Umushinga CACCE wasuzumye aho ugeze mu bikorwa

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, UWIHOREYE Patrick, yayoboye inama igamije gusuzuma intambwe imaze guterwa mu ishyirwa…

Read more →

Ngororero: Irerero ITETERO ryahawe igihembo cyo ku rwego rw'Igihugu

Muri Hotel UBUMWE iherereye mu Karere ka Nyarugenge, Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage  MUKUNDUHIRWE BENJAMINE; ari…

Read more →

Ngororero: Uburenganzira bw'umwana bwubahirizwe na buri wese: Meya Nkusi

Kuri GS GISEBEYA
mu murenge wa
Kabaya hizihirijwe Umunsi w' Umwana w'Umunyafurika ku rwego rw'Akarere
ku nsanganyamatsiko igira iti "Ndera neza, Nkure…

Read more →

Ngororero: Inama Njyanama yemeje ingengo y’Imari ya 2026-2027 ingana na 43,000,587,593 frws.

Inama isanzwe y'Inama Njyanama y'Akarere ka Ngororero irateranye iyobowe n'Umuyobozi wayo Madamu Nyiramasengesho Jeannette 
Ku murongo w'ibyigwa hari:
-…

Read more →

Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →
-->