Umurenge wa Sovu: Abaturage bishimiye ko uruhare rwabo rwitaweho mw'igenamigambi
Uyu munsi mu turere twose tw’igihugu hatangiye gukusanywa ibitekerezo by’abaturage bizashyirwa muri gahunda y’ibikorwa 2020/2021 y'Uturere ndetse no kubagaragariza uko ibyo batanze umwaka ushize (2019/2020 ) byinjijwe mu ngengo y'imari, ibitaragiyemo n'impamvu.
Ku rwego rw'Akarere kacu iyi gahunda yatangirijwe mu murenge wa Sovu akagari ka Rutovu. Yatangijwe n'umuyobozi mukuru muri Minaloc Shehi Bahame Hassan ari kumwe n'umuyobozi w'ishami ry'Imiyoborere myiza Bwana Rutagisha Aimable, umunyamabanga nshingwabikorwa w'Umurenge wa SOVU Bwana Harerimana Adrien, inzego z'umutekano zikorera mu murenge wa Sovu) ingabo, Police na Dasso) abayobozi b'Akagari ka Rutovu.

Abaturage bishimiye ko ubuyobozi buha agaciro uruhare rwabo mu igenamigambi
Muri rusange abaturage barashaka ibikorwa remezo nk'imihanda, amazi n'amashanyarazi. By'umwihariko mu kagari ka Rutovu abaturage barashaka amashanyarazi kugirango barusheho kubona serivisi ziboneye, amazi, ikiraro cyambukiranya umugezi wa Satinsyi (uhitana abantu iyo wuzuye igihe cy'imvura nyinshi) gihuza imirenge ya Sovu na Bwira, gusana amashuli ashaje. Abaturage bishimiye uburyo ubuyobozi bwitaye ku ruhare rwabo mu Igenamigambi ry'Akarere. Bwana Bahame yabasezeranije ubuvugizi ku bibazo birenze ubushobozi bw'Akarere n'ubwabo.
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…