Umurenge wa Muhanda: Aborozi barasabwa gucunga neza inzuri
Kuri uyu wa 17/11/2109 mu murenge wa Muhanda, habaye inama yahuje vm FED Bwana Uwihoreye Patrick, intumwa z'ikigo cy'igihugu gishinzwe amazi n'amashyamba (RWFA) n'iz'ikigo cy'igihugu gishinzwe ubutaka (RLMUA) n'aborozi bo mu nzuri za Gishwati zibarizwa mu Karere ka Ngororero.
Inama yari igamije gusesengura ibibazo bijyanye n'imicungire n'imikoreshereze y'ubutaka bwo muri izi nzuri.
Nyuma yo kungurana ibitekerezo abari mu nama basanze ibibazo biri mu micungire y'inzuri za Gishwati ari ibi bikurikira: Ibyangombwa by'ubutaka birimo amakosa; kwangiza ibikorwaremezo: inzira, amabuga, imihanda; ibibazo by'imbibi: kurengererana; kwigabiza ubutaka bwa Leta/ Ibisigara; inka zizerera mu mashyamba no mu mihanda; ubutaka bukoreshwa icyo butagenewe harimo na MCC Bweru yubatswe aho itari iteganyijwe.

Nyuma yo kumva ibibazo biri mu nzuri za Gishwati hashyizweho gahunda yo kwakira ibyangombwa byatanzwe bya buri mworozi no kureba ikibazo afite no kubihuza n'amakuru asanzwe y'urwuri yahawe ku buryo bukurikira: Aborozi bo mu nzuri za Gishwati babarizwa mu Murenge wa Muhanda bazakirirwa kuri uyu murenge kuva kuwa 18/11/2019 kugeza kuwa 20/11/2019 (8h00-17h00); ababarizwa mu uurenge wa Kavumu bazakirwa kuwa 21/11/2019 Ku Biro by'uyu murenge. Umworozi wese arasabwa kuza yitwaje ikintu cyose kigaragaza ko urwuri afite ari urwe koko. Inzuri za Gishwati ziherereye mu karere ka Ngororero zigera kuri 368.

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…