Umurenge wa Ndaro: urubyiruko rwabonye uburyo bwo kubungabunga ibidukikije

Kuwa 9/12/2019 Umunyambanga wa Leta muri  Minisiteri y'urubyiruko Hon. Edouard Bamporiki yayoboye umuhango wo gutangiza ibikorwa bya ECOBRIGADE mu murenge wa Ndaro mu kagari ka Bijyojyo. Ni igikorwa gituma urubyiruko 550 ( 349 b'igitsina gore na 201 b'igitsina gabo) rubona akazi arinako rurengera ibidukikije by'icyogogo cya Nyabarongo. Hamaze gukorwa amaterasi y'indinganire ha18 kuri 62 ziteganijwe; amaterasi agenda yikora ha11kuri 42 ziteganijwe; km40 kuri 40 zari ziteganijwe ziteyeho imigano ku nkombe z'imigezi yiroha muri Nyabarongo.

Mu gushimira abaterankunga b'uyu mushinga umuybozi w'Akarere Bwana Ndayambaje Godefroid yavuze ko kuba urubyiruko rwitaweho bitanga icyizere cy'ejo hazaza kuko arirwo Rwanda rw'ejo. Yanijeje ko Akarere nako kazakomeza kuruba hafi uko ubushobozi bugenda buboneka.

Urubyiruko narwo rwongeye gushimangira ko rutazahora ruteze amabako ko ahubwo ruzakoresha imbaraga rufite mu kubaka igihugu no kwiteza imbere. Bagize bati " tugomba kugwiza ibikorwa aho kuba ingwizamurongo."

Intumwa ya LODA yasobanuye ko uyu mushinga uzatwara agera kuri 2,362,000,000 frws muriyo 862,000,000 frws akazatangwa n'umuterankunga FONERWA, naho asigaye 1,500,000,000 frws akazatangawa na Leta y'u Rwanda. Yanavuze ko kandi uretse guca amaterasi, hazanaterwa n'ibiti birwanya isuri, ibivangwa n'imyaka nditse n'iby'imbuto ziribwa. Ngo hazanatangwa amatungo magufi.

Umuyobozi wungirije w'inkeragutabara we yasabye abaturage gukoresha neza inkunga bahawe bityo bakazakomeza kwirwanaho igihe umushinga uzaba wacyuye igihe. ibi kandi bakabikora babubngabunga umutekano kuko ariwo musingi w'iterambere barangamiye.

Intumwa ya UNDP yashimiye abaturage uburyo bakora baharanira kwiteza imbere avuga ko uyu muryango ahagarariye utazahwema gushyigikira ibikorwa bibateza imbere`


Minister Bamporiki yasabye urubyiruko gufata icyitegererezo ku Intore izirusha intambwe bagakorera igihugu nacyo kikazabakamira. Yongeyeho ko rugomba kwirinda ibisitaza birimo ibiyobyabwenge, guta umuco, gutwita inda zitateganijwe ahubwo ngo bakagira inzozi nziza kandi bagaharanira kuzishyira mu bikorwa. 

Ecobrigade ifite abafatanyabikorwa nka FONERWA, LODA, MINIYOUTH, MINALOC, MoDe, MoE, RAB, UNDP, NYC. Igikorwa cyitabiriwe kandi n'inzego z'umutekano; ba Mayors ba Ngororero na Muhanga.

 Minister Bamporoki atera ibiti birwanya isuri ku materasi ari kumwe n'abafatanyabikorwa ba ECOBRIGADE

Urubyiruko rwishimiye ko rwitaweho                         Minister Bamporiki aganira n'abanyamakuru

  Mayor Ndayambaje mu kiganiro n'abanyamakuru


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->