Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" ko mu Mudugudu wa Ruhanga, Akagari ka Bweramana, Umurenge wa Muhororo kahawe igihembo ku rwego rw'Igihugu. Abaturage bashyizeho iyi gahunda igamije kurwanya ubukene no guteza imbere kuzigama. Ifasha abaturage kwishyura ubwisungane mu kwivuza ku gihe, yorozanya amatungo mu ngo 82, isubiza abana mu ishuri, iteza imbere isuku aho 87% by’ingo zubatse ubwiherero, kandi igabanya amakimbirane.
Ni mu rwego rwa GAHUNDA YO GUTEZA IMBERE UMUCO WO GUHANGA IBISHYA BISUBIZA IBIBAZO BY’ABATURAGE;
mu rwego rwo kwimakaza umuco wo kwigira no kwishakamo ibisubizo.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu itegura amarushanwa buri mwaka y’abahanze udushya tugamije gukemura ibibazo bya benshi.
Udushya duhangwa tugira uruhare mu iterambere ry’imiyoborere myiza, ubukungu, n’imibereho myiza by’Abanyarwanda. Agashya gashobora guhangwa n’abaturage ubwabo cyangwa ubuyobozi.
Muri buri Ntara hahembwa udushya mu byiciro bitatu kandi buri kose gahembwa amafaranga n’icyemezo cy’ishimwe.
Iki gihembo gitangwa mu rwego rwo gushimira no gutera inkunga ibishya biba byahanzwe no gushishikariza abandi kugera ikirenge mu cy’abahanze utwo dushya kubera ko iyo mikorere ikwiye gukwira hose, abaturage bakikemurira ibibazo badategereje abava ahandi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru wa Koperative Umuganga Sacco, intumwa ya Minisiteri y'Ubuzima, yayoboye inama…
Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso…
Mu murenge wa Ndaro k'ubufatanye n'umushinga SAIP II hatanzwe inkoko 1800 z' amagi ku miryango 450.
Iki gikorwa kiri mu rwego rwo kurwanya imirire…