Ngororero: "Nkomatanyanzego ku buzima" yasuzumye aho igeze yesa imihigo

Kuwa 19/12/2019  mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Ngororero habereye inama Nkomatanyanzego ku buzima (District Health Management Team=DHMT) yateguwe ku bufatanye n’umufatantabikorwa USAID/INGOBYI ACTIVITY isanzwe ifatanya n’Akarere mu bikorwa by’ubuzima .

Abitabiriye inama bunguranye ibitekerezo ku bikurikira:
1. Aho imihigo irebana n’ubuzima 2019-2020 igeze (ubwisungane mu kwivuza, kuringaniza urubyaro, kwipimisha ku babyeyi batwite, Malarira, VIH/SIDA, kurwanya imirire mibi n'ibindi).
2. Imikorere n’inshingano za Komite Nkomatanyanzego ku buzima (DHMT)
3. Ibibazo by’abakozi muri servisi y’ubuzima.
Nyuma yo kungurana ibitekerezo hafashwe ingamba:

Nyuma yo kubona ko ibipimo by’ubuzima bikiri hasi ugereranyije n’intego y’umwaka, hemejwe ko hagomba kongerwa imbaraga mu bukangurambaga ku nzego zose (abayobozi mu nzego z’ibanze, amavuriro, abaturage n’abandi bafatanyabikorwa).

Gushyiraho ingamba zidasanzwe zo gukurikirana uwo ariwe wese bigaragara ko adindiza izamuka ry’ibipimo by’ubuzima.

Ku birebana n’imihigo mishya y’ubuzima yiyongereye ku yari isanzwe, Akarere gakwiriye gukorana na MINISANTE kugira ngo intego itegerejwe ibashe kugerwaho.

Abagize DHMT bakwiriye kumanuka aho ibibazo by’ubuzima biri bigashakirwa ibisubizo.

Hagaragajwe kandi ikibazo cy’abakozi bake muri serivisi z’ubuzima, hasabwa ko hakorwa ubuvugizi bakongerwa kuko bidindiza imikorere.

Inama yitabiriwe n’umukozi wa USAID/Ingobyi Activity Bwana Jean Bosco HABIMANA ari ku mwe na Madamu Mukamana Soline uyobora ishami ry'ubuzima, abayobozi b’ibitaro (Muhororo na Kabaya), umuyobozi wa Clinique ya Ngororero, uhagarariye RSSB, abahagarariye ibigo nderabuzima n’abafatanyabikorwa ba JADF Isangano bakora ku bijyanye n’Ubuzima .


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->