Ngororero: VCRP irasaba abagenerwabikorwa bayo gusigasira ibyagezweho
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana ibikorwa by'imishinga (Distrct Project Coordination Committee DPCC). Inama yarebeye hamwe aho umushinga Volcanoes Community Resilience Project (VCRP) ugeze mu bikorwa byawo mu mirenge 11 ukoreramo, imbogamizi zihari, ndetse n’ingamba zo gukomeza gushyira mu bikorwa ibisigaye hakurikijwe igenamigambi ryateganyijwe.
Hasabwe ko ubukangurambaga bwakongerwamo imbaraga kugira ngo abaturage basobanukirwe neza intego z’ibikorwa by’umushinga, kandi bagire uruhare rugaragara mu kubirinda no kubibungabunga aho kubyangiza.
VCRP ifite ibikorwa byinshi birimo gusubiranya urusobe rw'ibinyabuzima no kuzamura imibereho myiza y'abaturage.
Muri iki gihe uyu mushinga watangiye igikorwa cyo kubungabunga inkombe z’imigezi haterwa ibiti gakondo ubwoko 9.
Visi Meya Uwihoreye yasabye ko ibipimo by'ibikorwa bya VCRP byarushaho kuzamuka no gukoresha neza ingengo y'imali y'umushinga kugirango intego zawo zizagerweho.
Iyi nama yitabiriwe n'intumwa za Minisiteri ishinzwe kurengera ibidukikije, iza Meteo Rwanda, iza REMA, iz'Inkeragutabara ari nabo bashyira mu bikorwa uyu mushinga, Abanyamabanga Nshingwabikorwa n'Abagronome b'Imirenge 11 uyu mushinga ukoreramo.
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…