Ngororero: Urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge rurakomeje

 Kuri uyu wa 4/02/2020 inama mpuzabikorwa ku kurwanya ibiyobyabwenge
yabereye kuri Hotel RUFRABU iyoborwa n'Umuyobozi Mukuru muri Minaloc Bwana Bahame Hassan washimiye Akarere ka Ngororero intambwe kamaze gutera mu kurwanya ibiyobyabwenge.  Bwana Bahame yanavuze no kw'isuku nk'imwe mu ntwaro mu kurwanya indwara zirimo iz'ibyorezo nka Coronavirus.


Intumwa ya minisiteri y'ubutabera Bwana Ntukanyagwe Valens yongeyeho ko kurwanya ibiyobyabwenge ari inshingano ya buri wese kandi ko abayobozi bagomba gukomeza gukaza umurego. Yavuze ko nubwo iterambere ritiza umulindi ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge bitaba impamvu yo gucika intege.


Bwana Ntukanyagwe yanibukije ko ibiyobyabwenge bigira ingaruka mbi kw'iterambere ry'umuryango n'Igihugu muri rusange.   Umuyobozi wa police SP A.Mayinga yavuze ko  ibiyobyabwenge byagabanutse ariko ko hakiboneka inzoga z'inkorano.


Dufatanye Edmond  intumwa ya RBC yashimangiye ko ibiyobwenge ari uburozi bwica ko ababicuruza nabo ari abicanyi. Ari nayo mpamvu bagomba gukurikiranwa kuko ngo uhishira umurozi akakumara ku rubyaro. Mu kungurana ibitekerezo abari mu nama basabye ko  komite zo kurwanya ibiyobyabwenge  ku Karere, imirenge n'utugari zarangiza neza inshingano zahawe.


Umuyobozi w'Akarere Bwana Ndayambaje Godefroid yavuze ko we n'abo bafatanya mu kazi batazahwema guharanira kugira abaturage bazima  baciye ukubiri n'ibiyobyabwenge. Yasabye intore z'urubyiruko gufasha kurandura ibiyobyabwenge by'umwihariko muri bagenzi babo .
Bwana NDAYAMBAJE yasabye abahura kenshi n'urubyiruko  nk'abayobozi  b'ibigo by'amashuli kugenzura niba clubs antidrugs zikora neza. Yavuze ku cyorezo cya Corona virus  asaba buri wese kuba amaso ngo kitazinjira mu Rwanda.


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->