Ngororero: Urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge rurakomeje
Kuri uyu wa 4/02/2020 inama mpuzabikorwa ku kurwanya ibiyobyabwenge
yabereye kuri Hotel RUFRABU iyoborwa n'Umuyobozi Mukuru muri Minaloc Bwana Bahame Hassan washimiye Akarere ka Ngororero intambwe kamaze gutera mu kurwanya ibiyobyabwenge. Bwana Bahame yanavuze no kw'isuku nk'imwe mu ntwaro mu kurwanya indwara zirimo iz'ibyorezo nka Coronavirus.

Intumwa ya minisiteri y'ubutabera Bwana Ntukanyagwe Valens yongeyeho ko kurwanya ibiyobyabwenge ari inshingano ya buri wese kandi ko abayobozi bagomba gukomeza gukaza umurego. Yavuze ko nubwo iterambere ritiza umulindi ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge bitaba impamvu yo gucika intege.


Bwana Ntukanyagwe yanibukije ko ibiyobyabwenge bigira ingaruka mbi kw'iterambere ry'umuryango n'Igihugu muri rusange. Umuyobozi wa police SP A.Mayinga yavuze ko ibiyobyabwenge byagabanutse ariko ko hakiboneka inzoga z'inkorano.

Dufatanye Edmond intumwa ya RBC yashimangiye ko ibiyobwenge ari uburozi bwica ko ababicuruza nabo ari abicanyi. Ari nayo mpamvu bagomba gukurikiranwa kuko ngo uhishira umurozi akakumara ku rubyaro. Mu kungurana ibitekerezo abari mu nama basabye ko komite zo kurwanya ibiyobyabwenge ku Karere, imirenge n'utugari zarangiza neza inshingano zahawe.

Umuyobozi w'Akarere Bwana Ndayambaje Godefroid yavuze ko we n'abo bafatanya mu kazi batazahwema guharanira kugira abaturage bazima baciye ukubiri n'ibiyobyabwenge. Yasabye intore z'urubyiruko gufasha kurandura ibiyobyabwenge by'umwihariko muri bagenzi babo .
Bwana NDAYAMBAJE yasabye abahura kenshi n'urubyiruko nk'abayobozi b'ibigo by'amashuli kugenzura niba clubs antidrugs zikora neza. Yavuze ku cyorezo cya Corona virus asaba buri wese kuba amaso ngo kitazinjira mu Rwanda.
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…