Ngororero: urubyiruko rwiyemeje kugera ikirenge mu cy'Intwari
Ku nsanganyamatsiko igira iti: "Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu" umunsi mukuru w'Intwari wizihirijwe ku gicumbi cy'intwari ku rwego rw'Akarere.
Ni mu murenge wa Nyange aho Intwari z'IMENA z'abana bigaga mw'ishuli rikuru ry'i Nyange banze kwitandukanya bakurikije ubwoko nk'uko babisabwaga n'abicanyi bagahitamo kwimakaza ubunyarwanda.


Umuyobozi w'akarere n'abakuru b'inzego z'umutekano bunamira Intwari
Umunsi watangijwe no kunamira Intwari hashyirwa indabo ku gicumbi cyazo, wanaranzwe n'ibirori n'ubutumwa burata ubutwari bw'abanyarwanda bitangiye u Rwanda. Mu ndirimbo, imbyino n' imivugo abato n'abakuru bagarutse ku butwari bw'abitangiye igihugu by'umwihariko urubyiruko rurahirira gukurikiza urugero rwa bakuru babo baruhukiye ku gicumbi cy'Intwari z'IMENA aho i Nyange
Umuyobozi w'ingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro Lt Col Ndengeyinka John yabwiye abitabiriye ibirori by'umwihariko urubyiruko ko igihe hizihizwa uyu munsi buri wese agomba kongera kuzirikana uburyo bwo kugera ikirenge mu cy'intwari


Urubyiruko rwarahiriye kugera ikirenge mu cya bakuru babo
Mu butumwa yatanze umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid wari umushyitsi mukuru muri ibi birori yagarutse ku ndangagaciro zigomba kuranga intwari zirimo gukunda igihugu no kucyitangira. Yagarutse ku butwari bw'Intwari z'IMENA z'abanyeshuli b'i Nyange asaba urubyiruko gufata urugero rwiza rwaziranze. Umunsi wizihijwe kandi n'abayobozi b'inzego z'umutekano mu Karere, bamwe mu ntwari z'IMENA, abakozi b'Akarere, Padiri mukuru wa Paroisse ya Nyange n'abaturage biganjemo urubyiruko rwo mu mashuli abanza n'ayisumbuye. Umunsi washojwe n'ubusabane.
KWIZIHIZA UMUNSI W'INTWARI MU MAFOTO








![]()

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…