Ngororero: urubyiruko rwiyemeje kugera ikirenge mu cy'Intwari

Ku nsanganyamatsiko igira iti:  "Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu" umunsi mukuru w'Intwari wizihirijwe ku gicumbi cy'intwari ku rwego rw'Akarere.
Ni mu murenge wa Nyange aho Intwari z'IMENA z'abana bigaga mw'ishuli rikuru ry'i Nyange banze kwitandukanya bakurikije ubwoko nk'uko babisabwaga n'abicanyi bagahitamo kwimakaza  ubunyarwanda.

Umuyobozi w'akarere n'abakuru b'inzego z'umutekano bunamira Intwari
Umunsi watangijwe no kunamira Intwari hashyirwa indabo ku gicumbi cyazo, wanaranzwe n'ibirori n'ubutumwa burata ubutwari bw'abanyarwanda bitangiye u Rwanda. Mu ndirimbo, imbyino n' imivugo abato n'abakuru bagarutse ku butwari bw'abitangiye igihugu by'umwihariko urubyiruko rurahirira gukurikiza urugero rwa bakuru babo baruhukiye ku gicumbi cy'Intwari z'IMENA aho i Nyange
Umuyobozi w'ingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro Lt Col Ndengeyinka John yabwiye abitabiriye ibirori by'umwihariko urubyiruko ko igihe hizihizwa uyu munsi buri wese agomba kongera kuzirikana uburyo bwo kugera ikirenge mu cy'intwari

                                        Urubyiruko rwarahiriye kugera ikirenge mu cya bakuru babo
Mu butumwa yatanze umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid wari umushyitsi mukuru muri ibi birori yagarutse ku ndangagaciro zigomba kuranga intwari zirimo gukunda igihugu no kucyitangira. Yagarutse ku butwari bw'Intwari z'IMENA z'abanyeshuli b'i Nyange asaba urubyiruko gufata urugero rwiza rwaziranze. Umunsi wizihijwe kandi n'abayobozi b'inzego z'umutekano mu Karere, bamwe mu ntwari z'IMENA, abakozi b'Akarere, Padiri mukuru wa Paroisse ya  Nyange n'abaturage biganjemo urubyiruko rwo mu mashuli abanza n'ayisumbuye. Umunsi washojwe n'ubusabane.

                         KWIZIHIZA UMUNSI W'INTWARI MU MAFOTO


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->