Ngororero: Ubutabera bwunga bwanyuze abaturage
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe na Visi Perezida w'Urukiko rwisumbuye rwa Rubavu Bwana Jean Paul BIZABA, yatangije ku mugaragaro Icyumweru cyahariwe ubutabera (8-19/12/2025) ku nsanganyamatsiko igira iti "Ubuhuza mu manza, inkingi y'ubutabera bunoze, bwihuse kandi burangiza ikibazo." Icy'ingenzi kigambiriwe ni ubukagurambaga bugamije
ubwumvikane hagati y'uwakoze icyaha n'uwagikorewe, ubutabera bwunga, ubutabera sanasano, kwemera icyaha no gusaba imbabazi ntihabeho " kuburana urwa ndanze."
Ni mu rwego rwo gukemura ikibazo cy'imanza nyinshi z'ibirarane zifata igihe kirekire mu kuzikemura.
Abaturage basobanuriwe ko:
Ubuhuza buri mu buryo bujyanye na:
- Imanza mbonezamubano, iz'ubucuruzi...;
- imanza z'inshinjabyaha;]
- ibirego bitangwa mu nkiko baherekejwe n'agaciro gake (katarengeje miliyoni 5).
Umushinjacyaha yatanze ibisobanuro ku:
-Ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha;
-Ubwumvikane hagati y'uwakoze icyaha n'uwagikorewe.
Abaturage basobanuriwe ko:
- Ubuhuza ntibwemewe ku cyaha giteganirijwe igihano kirengeje igifungo cy'imyaka 5;
- Ibyemezo byavuye mu buhuza ntibijuririrwa.
Mu bibazo babajije abaturage bagaragaje ko banyuzwe n'imiterere y'ubu butabera ku buryo hari n'abahise bababarira abo bafitanye imanza bari mu igororero rya Rubavu.
Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 yavuze ko inzira y'ubuhuza igaragaza ko Abanyamabanga bifitemo ibisubizo kandi birambye.
Nyuma habayeho iburanisha ry'imanza mu ruhame bishyira mu ngiro ubuhuza bwavuzwe hejuru.
Mu ijambo risoza Meya Nkusi yashimiye ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame wagejeje ku banyayarwanda ubutabera bubabereye.
Mu Karere ka Ngororero hizihijwe umunsi wahariwe ingo mbonezamikurire (ECD DAY) no kurwanya igwingira. Igikorwa cyabereye mu murenge wa Kabaya.…
Uyu munsi mu murenge wa Kavumu habaye igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro umushinga wa CACCE ugamije gufasha abaturage guhangana n’imihindagurikire…
Abakozi b'Akarere ka Ngororero bari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere n'abayobozi b'inzego z'umutekano bizihije ibirori by'Umunsi Mpuzamahanga…
Mu ma Paroisse Gatolika yo mu Karere ka Ngororero habereye ibirori byo gusoza icyumweru cyahariwe uburezi Gatolika ku nsanganyamatsiko igira iti:…
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…