Ngororero: Minisiteri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi ikomeje kwegera abo byagizeho ingaruka

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16/05/2020 Minsitiri wa ministeri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi Kayisire Marie Solange yakoreye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero aho yari aje kwirebera uko ibiza byatwaye ubuzima bw'abantu, bikangiza ibikorwa remezo birimo imihanda n'ibiraro akanahumuriza abaturage bahuye n'ingaruka zabyo.

Minister Kayisire n'abo bari kumwe basuye ikiraro cy'ahitwa ku rutindo gihuza imirenge ya Muhororo, Kageyo, Kavumu na Sovu babona uburyo cyangiritse; babonye uburyo
inkangu yangije kuri stade ya Ngororero,
banasura abaturage bimuwe n'ibiza bacumbitse mw'ishuli  GS Kabaya.

                       Imihanda ihuza imirenge n'Akarere yarangiritse cyane

Aganira n'imiryango 30 igizwe n'abaturage 135 yimukiye muri GS Kabaya,
Minisitiri Kayisire yabashyikirije intashyo ya Nyakubahwa Prezida wa Repubulika ibahumuriza kandi ibasaba gukomera.
 Minisitiri Kayisire yakomeje abashimira  uburyo bihuse kuva ahantu hatera akaga ubuzima bwabo,  ashimira ubuyobozi bw'Akarere uburyo bwitaye mu gutabara  abaturage, anasaba ko imbaraga bashyize mu kwirinda ibiza ari nazo bashyira mu gukaza  ingamba zo guhangana na COVID-19.
Yashoje yizeza AKarere ubufatanye mu guhangana n'ingaruka zatewe n'ibiza cyane cyane mu gutanga ubufasha bwihuse.

Imfashanyo z'ibiribwa byibanze zageze mu mirenge yose


Twabamenyesha ko imfashanyo y'ibiribwa by'ibanze imaze gushyikirizwa abaturage bagizweho ingaruka n'ibiza mu mirenge yose uko ari 13.
Uru ruzinduko rwa minister Kayisire ruje rukurikiye urwa mugenzi we wa Minaloc Professor Shyaka Anastase yakoze ku munsi w'ejo tariki ya 15/05/2020 nawe areba uburyo ibiza byazahaje abaturage anabagezaho ubutumwa bwo kubahumuriza.


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->