Ngororero: Minisiteri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi ikomeje kwegera abo byagizeho ingaruka
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 16/05/2020 Minsitiri wa ministeri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi Kayisire Marie Solange yakoreye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero aho yari aje kwirebera uko ibiza byatwaye ubuzima bw'abantu, bikangiza ibikorwa remezo birimo imihanda n'ibiraro akanahumuriza abaturage bahuye n'ingaruka zabyo.
Minister Kayisire n'abo bari kumwe basuye ikiraro cy'ahitwa ku rutindo gihuza imirenge ya Muhororo, Kageyo, Kavumu na Sovu babona uburyo cyangiritse; babonye uburyo
inkangu yangije kuri stade ya Ngororero,
banasura abaturage bimuwe n'ibiza bacumbitse mw'ishuli GS Kabaya.


Imihanda ihuza imirenge n'Akarere yarangiritse cyane
Aganira n'imiryango 30 igizwe n'abaturage 135 yimukiye muri GS Kabaya,
Minisitiri Kayisire yabashyikirije intashyo ya Nyakubahwa Prezida wa Repubulika ibahumuriza kandi ibasaba gukomera.
Minisitiri Kayisire yakomeje abashimira uburyo bihuse kuva ahantu hatera akaga ubuzima bwabo, ashimira ubuyobozi bw'Akarere uburyo bwitaye mu gutabara abaturage, anasaba ko imbaraga bashyize mu kwirinda ibiza ari nazo bashyira mu gukaza ingamba zo guhangana na COVID-19.
Yashoje yizeza AKarere ubufatanye mu guhangana n'ingaruka zatewe n'ibiza cyane cyane mu gutanga ubufasha bwihuse.

Imfashanyo z'ibiribwa byibanze zageze mu mirenge yose
Twabamenyesha ko imfashanyo y'ibiribwa by'ibanze imaze gushyikirizwa abaturage bagizweho ingaruka n'ibiza mu mirenge yose uko ari 13.
Uru ruzinduko rwa minister Kayisire ruje rukurikiye urwa mugenzi we wa Minaloc Professor Shyaka Anastase yakoze ku munsi w'ejo tariki ya 15/05/2020 nawe areba uburyo ibiza byazahaje abaturage anabagezaho ubutumwa bwo kubahumuriza.
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…