Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi riyobowe na Bwana NIZEYIMANA Aimé Adrien.
Aya mahugurwa yafunguwe ku mugaragaro na Madamu Mukunduhirwe Benjamine, Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage. Yitabiriwe n’abahagarariye NCPD, NWC, NYC, Abanyamabanga Nshingwabikorwa bose b’utugari, ndetse n’abahuzabikorwa ba DASSO ku rwego rw’imirenge igize Akarere.
Visi Meya Mukunduhirwe yasabye abitabiriye aya mahugurwa kuyakurikirana babyitayeho, abibutsa ko Akarere ka Ngororero kari mu turere dukunze kwibasirwa n’ibiza. Yashimangiye ko intego y’aya mahugurwa ari uguha ubumenyi bw’ibanze mu gutabara abari mu kaga gakomoka ku biza.
Yasabye abitabiriye gukomeza kurangwa n’umuco wo kuba maso no kwirinda, bagamije kwitandukanya n’ibishobora guteza ibiza, kongera ingufu mu bikorwa byo gukumira ibiza, ndetse n’igihe bibayeho bakagaragaza ubufatanye n’abo byagwiririye, bagashyira imbaraga zose mu gutanga ubufasha bukenewe.
Abitabiriye kandi bashishikarijwe kongera gusangira amakuru, gukorera hamwe no gutabara hakiri kare, kuko ibyo bigira uruhare runini mu kugabanya ingaruka z’ibiza ku bahuye nabyo.
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…