Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi riyobowe na Bwana NIZEYIMANA Aimé Adrien.
Aya mahugurwa yafunguwe ku mugaragaro na Madamu Mukunduhirwe Benjamine, Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage. Yitabiriwe n’abahagarariye NCPD, NWC, NYC, Abanyamabanga Nshingwabikorwa bose b’utugari, ndetse n’abahuzabikorwa ba DASSO ku rwego rw’imirenge igize Akarere.
Visi Meya Mukunduhirwe yasabye abitabiriye aya mahugurwa kuyakurikirana babyitayeho, abibutsa ko Akarere ka Ngororero kari mu turere dukunze kwibasirwa n’ibiza. Yashimangiye ko intego y’aya mahugurwa ari uguha ubumenyi bw’ibanze mu gutabara abari mu kaga gakomoka ku biza.
Yasabye abitabiriye gukomeza kurangwa n’umuco wo kuba maso no kwirinda, bagamije kwitandukanya n’ibishobora guteza ibiza, kongera ingufu mu bikorwa byo gukumira ibiza, ndetse n’igihe bibayeho bakagaragaza ubufatanye n’abo byagwiririye,  bagashyira imbaraga zose mu gutanga ubufasha bukenewe.
Abitabiriye kandi bashishikarijwe kongera gusangira amakuru, gukorera hamwe no gutabara hakiri kare, kuko ibyo bigira uruhare runini mu kugabanya ingaruka z’ibiza ku bahuye nabyo.
 


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->