Ngororero: Inyubako z'ibyuma by'amashuli zigomba kwihuta kurushaho: PES Uwambajemariya
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Madame Uwambajemariya Florence yabisabye ubwo yagiriraga uruzinduko rw'Akazi mu Karere ka Ngororero kuri uyu wa gatatu tariki ya 27/8/2020. Yari ayoboye itsinda rya Task Force y'inyubako z'ibyumba by'amashuli yo ku rwego rw'Intara.
Nyuma y'uko Task Force yo ku rwego rw'Akarere igaragaje aho imirimo yo kubaka amashuli igeze, izi Task Force zombi zigabanijemo amatsinda 3 ajya mu mirenge kureba aho imirimo igeze:
1. Itsinda riyobowe na PES w'intara ryarimo umuyobozi w'Akarere ryakoreye mu mirenge ya Gatumba na Nyange
2. Iriyibowe n'umuyobozi wa police mu Karere ryasuye imirenge ya Ndaro na Bwira
3. Iriyobowe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'Ubukungu ryasuye imirenge ya Kabaya na Muhanda.
Mu byasuzumwe harimo kureba uburyo ibikoresho bicunzwe, ubuziranenge bwabyo n'ubw'inyubako, imikorere ya Command Posts z'inyubako no gukumira no kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.
Nyuma y'ubugenzuzi byagaragaye ko imirimo iri kwihuta; PES Uwambajemariya asaba ko yakwihutishwa kurushaho imbogamizi zagaragaye zikavaho.
Nk'uko byavuzwe n'umuyobozi w'ishami ry'uburezi Bwana Habarurema Denis; muri izo mbogamizi hari uko ibikoresho bitagiye bigerera ku ma sites ku gihe bitewe n'uko imodoka zagombaga kubitwara zitabonekeye igihe cyangwa se ko hari n'igihe ibyo bikoresho bitabonekeraga igihe.
Nyuma yo gusura ahantu hatandukanye, amatsinda yagiye inama kugirango imirimo irusheho kwihuta.
Mu Karere ka Ngororero harim kubakwa ibyumba 566 n'ubwiherero 747.


Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…