Ngororero: Imigezi ya Nyabarongo, Satisnyi na Rubagbaga igiye kurushaho kubyazwa umusaruro
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Bwana UWOHOREYE N. Patrick, hamwe na Lt. Col Simon NDAGIJIMANA n’itsinda ry’abatekinisiye (Engineers) b’Akarere ndetse n’abakozi ba RMB, bagiranye inama n’abashoramari bo muri sosiyete ya MMH Investment, bari bahagarariwe na Rtd (Maj.Gen) Eric Murokore.
Abo bashoramari bagaragaje umushinga mugari ugamije gukura imyanda (sediments) mu migezi no kuyisana, wibanda cyane cyane ku mugezi wa Nyabarongo, ndetse n’imigezi ya Satinsyi na Rubagabaga. Batanze ibisobanuro birambuye ku mushinga, bagaragaza akamaro kawo ku bidukikije no ku bukungu bw’igihugu muri rusange.
Uyu mushinga wamaze gusuzumwa no kwemezwa n’inzego nkuru z’igihugu zirimo MOE, REMA, RWB, RTDA na RMB.
Nyuma yo kubona ibyo byemezo, sosiyete yahawe uruhushya rwo gutunganya amabuye y’agaciro (mineral processing license), ubu ikaba iri gusaba Akarere uruhushya rwo gucukura umucanga (sand quarry license) kugira ngo itangire ibikorwa.
Iyo sosiyete yagaragaje umugambi wo gukoresha ikoranabuhanga rigezweho rya sand dredging machine mu gukura umucanga mu byegeranyije (sediments) byo mu mugezi wa Nyabarongo. Uyu mushinga ugamije gutanga ibikoresho by’ubwubatsi, no gufasha mu gusana imigezi, kunoza imigendekere y’amazi, kugabanya ibyago by’imyuzure, kurengera ibidukikije, no guteza imbere ubukungu bw’aho ukorerwa ndetse no gutanga imirimo ku baturage.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru wa Koperative Umuganga Sacco, intumwa ya Minisiteri y'Ubuzima, yayoboye inama…
Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso…
Mu murenge wa Ndaro k'ubufatanye n'umushinga SAIP II hatanzwe inkoko 1800 z' amagi ku miryango 450.
Iki gikorwa kiri mu rwego rwo kurwanya imirire…