Ngororero: ikibazo cy'ubucucike mu mashuli kigiye gukemuka
Kuri uyu wa mbere tariki ya 1/06/2020 Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid ari kumwe n'inzego z'umutekano n'abaturage babyukiye mu muganda wo gusiza ibibanza hatangizwa iyubakwa ry'ibyumba by'amashuli 529 n'ubwiherero 747.
Igikorwa cyabaye mu mirenge yose uko ari 13. Ku rwego rw'Akarere cyabereye mu murenge wa Muhororo ku rwunge rw'amashuli rwa Kanogo.


Abaturage bishimiye ko ikibazo cy'ubucucike n'ingendo ndende abana bakoraga bajya/bava kw'ishuli mu mirenge imwe n'imwe nka Nyange kigiye kubonerwa umuti.
Aya mashuli azuzura mu mwaka w'ingengo y'imari 2020/2021.
Mu Karere ka Ngororero kandi ubu harimo kubakwa ibyumba by'amashuli 111 n'ubwiherero 162 birarangirana n'uku kwezi kwa Kamena 2020.
Nyuma y'umuganda Umuyobozi w'Akarere yasabye abaturage kumva ko amashuri azubakwa ari ayabo bityo ko bagomba gukomeza gutanga umuganda akuzura mu gihe gito.
Yishimiye ko abaturage bitabiriye umuganda bambaye udupfukamunwa, abasaba kubahiriza n'andi mabwiriza yose ajyanye no kwirinda COVID-19 harimo:
Guhana intera ya metero hagati y'abantu n'abandi
Kugira no kumenyera umuco wo gukaraba intoki n'amazi meza n'isabune.
Yibukije abaturage ko bakwiye kwishyura Mutuelle de Santé kare kuko hatazabaho kongererwa kwa kwezi nk'ibisanzwe.
Umuganda wakozwe hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.


Umuganda wo gusiza ibibanza wabereye mu mirenge yose
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…