Ngororero: ikibazo cy'ubucucike mu mashuli kigiye gukemuka

 Kuri uyu wa mbere tariki ya 1/06/2020 Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid ari kumwe n'inzego z'umutekano n'abaturage babyukiye mu muganda wo gusiza ibibanza hatangizwa iyubakwa ry'ibyumba  by'amashuli 529 n'ubwiherero 747.
Igikorwa  cyabaye mu mirenge yose uko ari 13. Ku rwego rw'Akarere cyabereye mu murenge wa Muhororo ku rwunge rw'amashuli rwa Kanogo.

 

Abaturage bishimiye ko ikibazo cy'ubucucike n'ingendo ndende abana bakoraga bajya/bava kw'ishuli mu  mirenge imwe n'imwe nka Nyange kigiye kubonerwa umuti.
 Aya mashuli azuzura mu mwaka w'ingengo y'imari 2020/2021.
Mu Karere ka Ngororero kandi ubu harimo kubakwa ibyumba by'amashuli 111 n'ubwiherero 162 birarangirana n'uku kwezi kwa Kamena 2020.

Nyuma y'umuganda Umuyobozi  w'Akarere yasabye abaturage kumva ko amashuri azubakwa ari ayabo bityo ko bagomba gukomeza gutanga umuganda akuzura  mu gihe gito.
Yishimiye ko abaturage bitabiriye umuganda bambaye udupfukamunwa, abasaba kubahiriza n'andi mabwiriza yose ajyanye no kwirinda COVID-19 harimo:
Guhana intera ya metero hagati y'abantu n'abandi
Kugira no kumenyera umuco wo gukaraba intoki n'amazi meza n'isabune.

Yibukije abaturage ko bakwiye kwishyura Mutuelle de Santé kare kuko hatazabaho kongererwa kwa kwezi nk'ibisanzwe.
Umuganda wakozwe hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

 

Umuganda wo gusiza ibibanza wabereye mu mirenge yose


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->