Ngororero: ibikorwa byo kurengera ibyogogo by'imigezi biragenda neza
Kuwa 19/08/2020 Umuyobozi w'Akarere ka Ngororero Bwana NDAYAMBAJE Godefroid yakiriye mu biro bye Madame RUZIGANA Pamela, Division Manager of Catchment restoration and erosion control (Umuyobozi ushinzwe imitunganyirizwe y'ibyogogo no kurwanya isuri ) ari kumwe na Mushinzimana JMV ushinzwe imirimo yo gutunganya ibyogogo bose bo mu Kigo gishinzwe Gucunga no Guteza Imbere Umutungo Kamere w'amazi mu Rwanda (RWRB : Rwanda Water Ressources Board ). Baganiriye ku mirimo yakozwe kandi ikomeje yo kubungabunga icyogogo cya Secoko.
Nyuma y'ibiganiro, iri tsinda riherekejwe na KAYITSINGA Jean Ushinzwe Amashyamba n'umutungo Kamere mu karere ka Ngororero basuye ibikorwa muri icyo cyogogo (utugari twa Vuganyana na Nsibo mumurenge wa Nyange, utugari twa Bitabage na Bijyojyo mumurenge wa Ndaro). Hasuwe ahatewe amashyamba, ahaciwe imirwanyasuri, ahashyizwe ibigega bifata amazi kuri GS Vungu, ahatewe imbingo imigano n'ibiti ku migezi .Byagaragaye ko ibikorwa byakozwe neza hakenewe gukomeza kubyitaho bikajyanirana no gukumira ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro bukorwa nabi bwanduza uyu mugezi wa Secoko uhereye mu karere ka Rutsiro aho uturuka. Byagaragaye ko ibi bikorwa byazatanga umusaruro mwiza mu kubungabunga urugomero rw'amashanyarazi rwa Nyabarongo ya I kubera gukumira isuri.


Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…