Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama y'abagize itsinda ryashyiriweho gukurikirana ikemurwa ry'ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage.
Intego z’iyo nama zari:
- Gusuzuma aho Akarere kageze mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage hakurikijwe Imihigo ya 2025/2026,
- Gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’ubukangurambaga bw’isuku n’isukura hibandwa ku igenzura ry’isuku n’akamaro karyo,
- Kugaragaza icyuho n’imbogamizi zikigaragara mu isuku n'isukura,
Kumvikana ku ngamba zafasha mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage mu buryo bwihuse kandi bunoze.,
Inama yageze ku myanzuro n’ingamba zikurikira:
- Kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Imihigo ijyanye na HSI kugira ngo intego zose ziteganyijwe muri uyu mwaka w’ingengo y’imari zigerweho,
- Kongera gukurikirana imikorere y’amatsinda ya HSI ku rwego rw’imirenge n’utugari no gutanga ubufasha buhoraho ku mbogamizi zigaragaye,
- Gushimangira igenzura ry’isuku ahantu hahurira abantu benshi hibandwa ku kwandika no gutanga raporo hifashishijwe urubuga rw’ikoranabuhanga rw’igenzura ry’isuku,
- Imirenge yose igomba gusuzuma no gutanga raporo ku isesengura rishya rya HSI bitarenze ku wa 27 Gashyantare 2026,
- Inzu zose zubatswe cyangwa zasanywe zigomba kuba zikomeye, zihangana n’ibiza kandi zujuje ubuziranenge busabwa,
- Kongera imbaraga mu bikorwa byo kurwanya igwingira ry’abana ,
- Abanyeshuri bose bataye ishuri bagomba gusubizwa mu mashuri mbere y’itangira ry’ibizamini y'igihembwe cya kabiri,
- Inkunga yatanzwe na PSF izakoreshwa mu kugura amabati yo kubaka no gusana inzu
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru wa Koperative Umuganga Sacco, intumwa ya Minisiteri y'Ubuzima, yayoboye inama…
Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso…
Mu murenge wa Ndaro k'ubufatanye n'umushinga SAIP II hatanzwe inkoko 1800 z' amagi ku miryango 450.
Iki gikorwa kiri mu rwego rwo kurwanya imirire…