Ngororero: Guverineri Munyantwali yashimiye ubufatanye bw'inzego mu gukemura ibibazo
Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Bwana Munyantwari Alphonse yagiriye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero. Aherekejwe n'abayobizi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Intara yagiranye inama n'abayobozi b'ingeri zose kuva ku mudugudu kugera ku Karere.
Bunguranye ibitekerezo kw'iyubakwa ry'amashuli n'ubwiherero phase I&II, ibikoni by'amashuli, umutekano no kwishyura ubwisungane mu kwivuza.
Buri muyobozi w'umurenge yerekanye uko ahagaze kuri buri ngingo
Muri rusange inyubako ziragenda neza imbogamizi bahuye nayo ni ukutabonera ibikoresho ku gihe . Biyemeje ko babonye ibikoresho byose mu kwezi kumwe amashuli yaba yuzuye.
Umutekano ahanini ngo uhungabanywa n'inzoga z'inkorano zikurura ubusinzi n'urugomo. Hari kandi ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butubahiriza amategeko n'amakimbirane mu miryango.
Ki ngingo y'ubwisungane mu kwivuza abayobozi b'imirenge biyemeje ko nyuma yukwezi bazaba bageze ku 100/100.


Mayor NDAYAMBAJE Godefroid wakiriye abashyitsi ari kumwe na komite nyobozi y'Akarere n'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere yavuze ko ku bufatanye n'inzego zitabiriye inama n'abaturage ibisubizo by'ibibazo bizaboneka bidatinze. Urubyiruko rw'abakorerabushake rwashimiwe umusanzu rutanga mu kurwanya COVID-19.
Kimwe n'abayobozi b'imirenge urubyiruko rwagaragaje impungenge ku myitwarire y'abigize ba ntibindeba bakomeje gukora utubari mu ngo.


Umuyobozi w'ingabo mu Ntara y'Iburengerazuba yagarutse ku bucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe avuga ko kuba abacukura bazwi ikibazo kigomba gukemuka ati keretse hari abayobozi babyihishe inyuma.
Ku bwicanyi bw'inka bwagaragaye abakoze ibyo byaha bagomba gufatwa bagahanwa. Yibukije abayobozi b'inzego z'ibanze gukomeza kuba maso ntihagire umwanzi wakwiyoberanya akaba yahungabanya umutekano. Yongeyeho ati ibyo dukora byose umutekano tuwugire nyambere.
Mayor NDAYAMBAJE mu gushimira abashyitsi yavuze ko nyuma yo kumva impanuro hagiye kubaho guhindura imikorere ku nzego zose by'umwihariko urw'isibo n'umudugudu. Yasabye ubufatanye bwa buri wese kugirango impanuro zatanzwe zishyirwe mu bikorwa.
Guverineri yashimiye ubufatanye bw'inzego zatumiwe mu gushakira hamwe ibisubizo by'ibibazo bafite. Ati uwo muco muzawuhorane . Yagarutse ku nshingano z'abayobozi abasaba kuzihoza ku mutima. Yasabye ko igihe bihaye cyo kuzuza amashuli no kwishyura ubwisungane mu kwivuza bacyubahiriza. Yagize ati mwirinde kumenyera ibyaha n'akarengane mubirakarire mubihashye. Ababikora bamenyekane neza umunsi kuwundi bakurikiranwe. Ati nta mugizi wa nabi warusha imbaraga inzego z'ubuyobozi n'iz'umutekano.
Umuyobozi w'Intara yashimiye urubyiruko rw'abakorerabushake (Youth Volunteers) uruhare bagira mu bukangurambaga bwo gukumira no kwirinda icyorerzo cya Covid-19. Ati muri imbaraga z'igihugu zikenewe mu guhashya iki cyorezo. Uhagarariye urubyiruko yagaragaje impungenge ku myitwarire ya bamwe bigira ba ntibindeba bagakora utubare mu ngo birengagije amabwiriza ya kwirinda Coronavirus. Aha Guverineri Munyantwali yasabye ubufatanye bw'inzego zose kugirango iyo myitarire icike burundu.
Bwana guverineri yashoje asaba abitabiriye inama ko umuhigo wo kubaka amashuli ibikoni n'ubwiherero buri wese yawushyira ku mutima bityo ukeswa ku gihe.


Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…