Ngororero: Guverineri Munyantwali yashimiye ubufatanye bw'inzego mu gukemura ibibazo

Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Bwana Munyantwari Alphonse yagiriye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero. Aherekejwe n'abayobizi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Intara yagiranye inama n'abayobozi b'ingeri zose kuva ku mudugudu kugera ku Karere.
Bunguranye ibitekerezo kw'iyubakwa ry'amashuli n'ubwiherero phase I&II, ibikoni by'amashuli, umutekano no kwishyura ubwisungane mu kwivuza.
Buri muyobozi w'umurenge yerekanye uko ahagaze  kuri buri ngingo
Muri rusange inyubako ziragenda neza imbogamizi bahuye nayo ni ukutabonera ibikoresho ku gihe . Biyemeje ko babonye ibikoresho byose mu kwezi kumwe amashuli yaba yuzuye.
Umutekano ahanini ngo uhungabanywa n'inzoga z'inkorano  zikurura ubusinzi n'urugomo. Hari kandi ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butubahiriza amategeko n'amakimbirane mu miryango.
Ki ngingo y'ubwisungane mu kwivuza abayobozi b'imirenge biyemeje ko  nyuma yukwezi bazaba bageze ku 100/100.


Mayor NDAYAMBAJE Godefroid wakiriye abashyitsi ari kumwe na komite nyobozi y'Akarere n'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere yavuze ko ku bufatanye n'inzego zitabiriye inama n'abaturage ibisubizo by'ibibazo bizaboneka bidatinze. Urubyiruko rw'abakorerabushake rwashimiwe umusanzu rutanga  mu kurwanya COVID-19.
Kimwe n'abayobozi b'imirenge urubyiruko rwagaragaje impungenge ku myitwarire y'abigize ba ntibindeba bakomeje gukora utubari mu ngo.



Umuyobozi w'ingabo mu Ntara  y'Iburengerazuba yagarutse ku bucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe avuga ko kuba abacukura bazwi ikibazo kigomba gukemuka ati keretse hari abayobozi  babyihishe inyuma.
Ku bwicanyi bw'inka bwagaragaye abakoze ibyo byaha bagomba gufatwa bagahanwa. Yibukije abayobozi b'inzego z'ibanze gukomeza kuba maso ntihagire umwanzi wakwiyoberanya akaba yahungabanya umutekano. Yongeyeho ati ibyo dukora byose umutekano tuwugire nyambere.
Mayor NDAYAMBAJE  mu gushimira abashyitsi yavuze ko nyuma yo kumva impanuro hagiye kubaho guhindura imikorere ku nzego zose by'umwihariko urw'isibo n'umudugudu. Yasabye ubufatanye bwa buri wese kugirango impanuro zatanzwe zishyirwe mu bikorwa.


Guverineri yashimiye ubufatanye bw'inzego zatumiwe mu gushakira hamwe ibisubizo by'ibibazo bafite. Ati uwo muco muzawuhorane . Yagarutse ku nshingano z'abayobozi abasaba kuzihoza ku mutima. Yasabye ko igihe bihaye cyo kuzuza amashuli no kwishyura ubwisungane mu kwivuza bacyubahiriza. Yagize ati mwirinde kumenyera ibyaha n'akarengane mubirakarire mubihashye. Ababikora bamenyekane neza umunsi kuwundi bakurikiranwe. Ati nta mugizi wa nabi warusha imbaraga inzego z'ubuyobozi n'iz'umutekano.

Umuyobozi w'Intara yashimiye urubyiruko rw'abakorerabushake (Youth Volunteers) uruhare bagira mu bukangurambaga bwo gukumira no kwirinda icyorerzo cya Covid-19. Ati muri imbaraga z'igihugu zikenewe mu guhashya iki cyorezo. Uhagarariye urubyiruko yagaragaje impungenge ku myitwarire ya bamwe bigira ba ntibindeba bagakora utubare mu ngo birengagije amabwiriza ya kwirinda Coronavirus. Aha Guverineri Munyantwali yasabye ubufatanye bw'inzego zose kugirango iyo myitarire icike burundu.
Bwana guverineri yashoje asaba abitabiriye inama ko umuhigo wo kubaka amashuli ibikoni n'ubwiherero buri wese yawushyira ku mutima bityo ukeswa ku gihe.


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->