Ngororero: "Dukomeze kwamaganire kure ingengabitekerezo ya Jenoside"- Meya Nkusi
Kuri uyu mugoroba ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ngororero habereye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.)
Ni igikorwa cyitabiriwe n'abagize Komite Nyobozi y'Akarere, abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere, bamwe mu bajyanama mu Nama Njyanama y'Akarere, abayobozi n'abaturage b'umurenge wa Ngororero.
Igikorwa cyatangijwe no gufata umunota wo kwibuka inzirakarengane zazize uko zaremwe, hakurikiraho gucana urumuri rw'Icyizere rwenyegejwe n'Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe na Perezida wa Ibuka mu Karere ka Ngororero. Abitabiriye uyu mugoroba bakurikiye ikiganiro kijyanye no Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bumva ubuhamya bw'uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n'ijambo rya Perezida wa IBUKA mu murenge wa Ngororero wasabye ababa bszi aho imibiri y'inzirakarengane iiherereye kuherekana igashyingurwa mu cyubahiro. Nyuma bateze amatwi impanuro zatanzwe n'Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe wahamagariye abitabiriye uyu mugoroba kwamaganira kure ingengabitekerezo ya Jenoside no gufata mu mugongo abarokotse hirindwa icyatoneka ibikomere bafite.
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…