Ngororero: Care international na Ejo Heza mu gutahiriza umugozi umwe

Kuri uyu wa 30/10/2019 umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Uwihoreye Patrick yatangije inama ku bijyanye na gahunda yo kwizagama binyuze mu "matsinda y'intambwe ya buri cyumweru " ku bufatanye na Care International.
Mw'ijambo rye yahuje iyi gahunda n'iya Ejo Heza yo ku rwego rw'igihugu avuga ko zombi zigisha abagenerwabikorwa kwizigamira bateganya ejo habo heza. Ati kimwe ari umukenyero ikindi ari umwitero. Yavuze ku ntambwe imaze guterwa mw'iterambere ku bagenerwabikorwa b'iriya gahunda ya Care International.
Inama yitabiriwe n'abakangurambaga b'iterambere ry'"amatsinda y'intambwe ya buri cyumweru". Aba basabwe kuzamura imyumvire y'abaturage bakabavana mu byiciro byo hasi bakabazamura mu byisumbuye kuko bagenda bava mu bukene.

Sam Karinda umukozi wa Care International yavuze ko bagiranye amasezerano na Leta y'u Rwanda kuburyo "amatsinda y'intambwe ya buri cyumweru " azagera mu midugudu yose mu gihe cy'imyaka 2. Nawe yashimangiye ko gahunda ya Ejo Heza igiye kwinjizwa mu "matsinda y'intambwe ya buri cyumweru ".
Umumararungu Clementine uyoboye gahunda ya Ejo Heza mu Karere ka Ngororero yasobanuriye abitabiriye inama ibyiza bya Ejo Heza anabasaba kwinjira muri gahunda bakanabikangurira n'abandi. Ejo Heza yatangijwe ku mugaragaro kuri 14/11/2018.

Mu karere ka Ngororero hari amatsinda y'"intambwe ya buri cyumweru" 704, abakangurambaga 78.
Kuva iyi gahunda yatangira muri 2009 bamaze gutera intambwe ikomeye. Bishyura ubwisungane mu kwivuza bw'imiryango yabo ku gihe, abenshi batunze inka, ngo ntawe ugitega amaboko kuko buri wese aroroye.
Buri mukangurambaga afite amatsinda 12, buri tsinda rigizwe n'abantu 25 cyangwa 30. Mu gusoza inama vm FED Uwihoreye Patrick yashimiye gahunda za Care International mu guharanira iterambere ry'abaturage bibumbiye mu matsinda. Yasabye abitabiriye inama kuba umusemburo w'iterambere mu "matsinda y'intambwe ya buri cyumweru" bayoboye.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru wa Koperative Umuganga Sacco, intumwa ya Minisiteri y'Ubuzima, yayoboye inama…
Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso…
Mu murenge wa Ndaro k'ubufatanye n'umushinga SAIP II hatanzwe inkoko 1800 z' amagi ku miryango 450.
Iki gikorwa kiri mu rwego rwo kurwanya imirire…