Ngororero: Amadini n'amatorero azubaka amazu 221 y'abatishoboye

Amadini agomba gukora ku buryo bwemewe n'amategeko.Byatangajwe n 'umuyobozi wAkarere Bwana Ndayambaje Godefroid mu nama yamuhuje n'abahagarariye amadini n'amatorero kuri uyu wa 26/11/2019.


Aba bafatanyabikorwa bibukijwe ko kugirango bakorere mu Karere bagomba kuba bujuje ibyangombwa bisabwa n'amategeko. Nk'uko Bwana Ndayambaje yabivuze, kuba aba bakozi b'Imana bahura n'abaturage benshi kirazira ko bakorera mu kajagari.
Muri iyi nama haje kugaragara amatorero 3 atujuje ibisabwa. Yahise asabwa kudakurikirana inama. Arasabwa ibyangombwa bitangwa na RGB n'Akarere.
Mayor Ndayambaje yibukje ko aba bayobozi bagomba kuba icyitegererezo cy'intama bashinzwe kandi bakabumbatira ubumwe bwabo.
Akarere ka Ngororero gafite abaturage 386.000 bose bafite aho basengera. Niyo mpamvu Mayor yasabye ko aba bayobozi bagira uruhare mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abayoboke babo.
  Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Uwihoreye Patrick yatangaje ko mu karere hari insengero zabaruwe 563. Izakorewe igenzura ni 217. Hafunzwe 261 zitari zujuje ibyangombwa bigenwa n'amategeko, muri zo 87 zaravuguruwe.
Yavuze ko uyu mubare w'izafunzwe ugaragaza uburyo abayoboke b'amadini benshi basengera ahadatunganye binavuga ko aya madini afite intege nke mu bukangurambaga bwo kunoza imibereho y'abayoboke bayo. Ati niba urusengero rudafte ubwiherero abarugana bo barabufite? Ati ibi bivuga ko bafite ikibazo cy'isuku n'isukura.


 Vice Mayor Uwihoreye yatangaje ko akarere gafite imiryango 517 ikeneye gutura heza kandi neza. Kuba iyi miryango ifite amadini ibarizwamo aya yakagombye kugira uruhare mu gukemura iki kibazo.
Akarere kagaragaje uruhare rwako mu myubakire y'ariya mazu nko gushaka ibibanza no kubisiza ndetse no gutanga isakaro. Amadini n'amatorero arasabwa inkunga yo kuyazamura.
Umurenge wa Ngororero niwe ufite amazu menshi agera kuri 89 ufite make ni Gatumba ifite 6.


Pasteur Akoyiremeye wa ADEPR ati abakeneye amazu ni abayoboke bacu barimo abapfakazi, imfubyi, abatishoboye, abageze mu zabukuru n'abandi banyantege nke. Ati rero biri mu nshingano zacu kububakira. Ati kandi nta n'itorero ritagira abafundi.
Inzu imwe ifite metero 5 kuri 7 izuzura ifite agaciro ka 12.000.000 frws.
Akarere kazabona akabakaba miliyoni 11 amatorero akusanye asigaye. Eglise catholique yiyemeje kuzubaka amazu 100, ADEPR 40, Islam 40, AEBR 7, EPR 7, Adventiste du 7ème jour 8, CFR 2, EAR 14, EDR1, EARR 1 , ERC 1 yose hamwe akaba 221. Azaba yarangiye kuri 31/03/2020.

Umuyobozi w'akarere yashimiye inkunga ikomeye itanzwe n'amadini n'amatorero.
Umuyobozi wa Forum y'amadini n'amatorero Padiri Rutakisha uyoboye Paroisse ya Muhororo nawe yashimiye bagenzi be umwanzuro ukomeye bagezeho.
Padiri Rutakisha yanasabye bagenzi be gukomera kuri gahunda y'ubumwe n 'ubwiyunge bakangurira abayoboke babo kuzakira abakoze jenoside yakorewe abatutsi barangije ibihano, kwishyura imitungo yagenwe n'inkiko gacaca, gukumira amakimbirane no gukomeza imikorere n'imikoranire myiza n'Akarere.
Uhagarariye umuyobozi wingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro we yasabye ubufatanye n'amadini n'amatorero mu gucunga umutekano by'umwihariko mu minsi mikuru isoza umwaka


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->