Ngororero: Amadini n'amatorero azubaka amazu 221 y'abatishoboye
Amadini agomba gukora ku buryo bwemewe n'amategeko.Byatangajwe n 'umuyobozi wAkarere Bwana Ndayambaje Godefroid mu nama yamuhuje n'abahagarariye amadini n'amatorero kuri uyu wa 26/11/2019.

Aba bafatanyabikorwa bibukijwe ko kugirango bakorere mu Karere bagomba kuba bujuje ibyangombwa bisabwa n'amategeko. Nk'uko Bwana Ndayambaje yabivuze, kuba aba bakozi b'Imana bahura n'abaturage benshi kirazira ko bakorera mu kajagari.
Muri iyi nama haje kugaragara amatorero 3 atujuje ibisabwa. Yahise asabwa kudakurikirana inama. Arasabwa ibyangombwa bitangwa na RGB n'Akarere.
Mayor Ndayambaje yibukje ko aba bayobozi bagomba kuba icyitegererezo cy'intama bashinzwe kandi bakabumbatira ubumwe bwabo.
Akarere ka Ngororero gafite abaturage 386.000 bose bafite aho basengera. Niyo mpamvu Mayor yasabye ko aba bayobozi bagira uruhare mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abayoboke babo.
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Uwihoreye Patrick yatangaje ko mu karere hari insengero zabaruwe 563. Izakorewe igenzura ni 217. Hafunzwe 261 zitari zujuje ibyangombwa bigenwa n'amategeko, muri zo 87 zaravuguruwe.
Yavuze ko uyu mubare w'izafunzwe ugaragaza uburyo abayoboke b'amadini benshi basengera ahadatunganye binavuga ko aya madini afite intege nke mu bukangurambaga bwo kunoza imibereho y'abayoboke bayo. Ati niba urusengero rudafte ubwiherero abarugana bo barabufite? Ati ibi bivuga ko bafite ikibazo cy'isuku n'isukura.

Vice Mayor Uwihoreye yatangaje ko akarere gafite imiryango 517 ikeneye gutura heza kandi neza. Kuba iyi miryango ifite amadini ibarizwamo aya yakagombye kugira uruhare mu gukemura iki kibazo.
Akarere kagaragaje uruhare rwako mu myubakire y'ariya mazu nko gushaka ibibanza no kubisiza ndetse no gutanga isakaro. Amadini n'amatorero arasabwa inkunga yo kuyazamura.
Umurenge wa Ngororero niwe ufite amazu menshi agera kuri 89 ufite make ni Gatumba ifite 6.
Pasteur Akoyiremeye wa ADEPR ati abakeneye amazu ni abayoboke bacu barimo abapfakazi, imfubyi, abatishoboye, abageze mu zabukuru n'abandi banyantege nke. Ati rero biri mu nshingano zacu kububakira. Ati kandi nta n'itorero ritagira abafundi.
Inzu imwe ifite metero 5 kuri 7 izuzura ifite agaciro ka 12.000.000 frws.
Akarere kazabona akabakaba miliyoni 11 amatorero akusanye asigaye. Eglise catholique yiyemeje kuzubaka amazu 100, ADEPR 40, Islam 40, AEBR 7, EPR 7, Adventiste du 7ème jour 8, CFR 2, EAR 14, EDR1, EARR 1 , ERC 1 yose hamwe akaba 221. Azaba yarangiye kuri 31/03/2020.
Umuyobozi w'akarere yashimiye inkunga ikomeye itanzwe n'amadini n'amatorero.
Umuyobozi wa Forum y'amadini n'amatorero Padiri Rutakisha uyoboye Paroisse ya Muhororo nawe yashimiye bagenzi be umwanzuro ukomeye bagezeho.
Padiri Rutakisha yanasabye bagenzi be gukomera kuri gahunda y'ubumwe n 'ubwiyunge bakangurira abayoboke babo kuzakira abakoze jenoside yakorewe abatutsi barangije ibihano, kwishyura imitungo yagenwe n'inkiko gacaca, gukumira amakimbirane no gukomeza imikorere n'imikoranire myiza n'Akarere.
Uhagarariye umuyobozi wingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro we yasabye ubufatanye n'amadini n'amatorero mu gucunga umutekano by'umwihariko mu minsi mikuru isoza umwaka
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru wa Koperative Umuganga Sacco, intumwa ya Minisiteri y'Ubuzima, yayoboye inama…
Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso…
Mu murenge wa Ndaro k'ubufatanye n'umushinga SAIP II hatanzwe inkoko 1800 z' amagi ku miryango 450.
Iki gikorwa kiri mu rwego rwo kurwanya imirire…