Ngororero: Abunzi bashimiwe imbere y'abaturage
Abunzi bashimiwe umurimo mwiza bakora. Hari mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe abunzi kuri stade y 'Akarere kuri uyu wa 26/11/2019. Bahawe telefone na certificats.
Uyu murimo mwiza bakora ugaragarira mu mibare: Nk'uko byavuzwe n'umuhuzabikorwa wa MAJ madame Mukayiranga Caroline; mu mwaka wa
2018/2019 hakiriwe ibibazo 1201 muribyo 1192 byarasubijwe hararana ibibazo 9 gusa.
Ku rwego rw'akagari abunzi bakemuye ibibazo ku kigero cya 85%. 15% nibyo byazamutse ku rwego rw'umurenge.
![]()
![]()
Umukozi wo mw'ishami ry'imiyoborere myiza ushinzwe administration du territoire Madame Musabeyezu Charlotte yavuze ko kuba abunzi batanga umusaruro umeze utya hari uburyo Akarere kabunganira mu mibereho yabo nko kubishyurira ubwisungane mu kwivuza ku bantu 5, kubaha amagare abafasha mu ngendo z'akazi, kubaha telefone zirimo kode n'ibindi. Uwamwezi Eugenie ni umwunzi wo mu Kagari ka kaseke yemeza ko iyi nkunga ituma bakorana umurava uyu murimo w'ubwitange. Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukunguBwana Uwihoreye Patrick yasabye abaturage guha agaciro umurimo w'abunzi kandi bakajya baborohereza akazi.

Uhagarariye abunzi Caritas yashimiye Leta y'u Rwanda, Minisiteri y'ubutabera , minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu, ubuyobozi bw'akarere batuma umurimo wo kunga ugenda neza. Abunzi batanze icyifuzo cyo gukoresha ikoranabuhanga kuko impapuro zibikika nabi inyuguti zigasibama. Basabye za Smart phone zaborohereza akazi.
Bwana Uwihoreye yashimiye abunzi akazi keza bakora bunga abantu mu mahoro. Yababwiye ko ikoranabuhaga bazarihabwa uko ubushobozi buzagenda buboneka. Umwuga w'abunzi ni umwimerere w'u Rwanda mu gukemura amakimbirane mu mahoro. Mu karere ka Ngororero harabarurwa abunzi 602


Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru wa Koperative Umuganga Sacco, intumwa ya Minisiteri y'Ubuzima, yayoboye inama…
Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso…
Mu murenge wa Ndaro k'ubufatanye n'umushinga SAIP II hatanzwe inkoko 1800 z' amagi ku miryango 450.
Iki gikorwa kiri mu rwego rwo kurwanya imirire…