Ngororero: abita ku barwayi by'umwihariko bashimiwe ku mugaragaro
Kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi ku Bitaro bya Kabaya
Mu Bitaro by’Akarere bya Kabaya habereye ibirori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi, bifite insanganyamatsiko igira iti:
“Impuhwe z’Umusamariya: Gukunda no kwakira ububabare bw’undi.”
Ibi birori byatangijwe na Misa ntagatifu byaranzwe kandi na:
- Ubutumwa bw’abayobozi bwo gushyigikira no guhumuriza abarwayi;
- Gushima no guha icyubahiro abantu n’imiryango igira uruhare mu gufasha abarwayi,
- Gutanga inkunga y’ibikoresho ku barwayi.
Umuyobozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry'Imibereho Myiza y'Abaturage Madamu Mukunduhirwe Benjamine, yasabye abaturage bagana Ibitaro bya Kabaya kurushaho kugira uruhare mu gushyigikira abarwayi, no kwirinda indwara bifashishije serivisi z’ubuzima zirimo:
gukingiza, serivisi zihabwa ababyeyi batwite (antenatal care),
kubyarira kwa muganga....
Yanibukije kandi akamaro ko kwirinda igwingira mu bana, no kwirinda ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’imiti itemewe kandi yangiza ubuzima.
Hagarutswe cyane ku butumwa bwihariye bujyanye n’Ubwisungane mu Kwivuza (Mutuelle de Santé), hibandwa kuri:
serivisi nshya z’ubuvuzi bwihariye zizatangira kwishyurwa na Mutuelle,
ishingiro n’uburyo bushya bwo gutanga umusanzu,
uruhare rw’abaturage mu gushyigikira no gushyira mu bikorwa politiki nshya y’Ubwisungane mu Kwivuza.
Iki gikorwa cyitabiriwe kandi na:
Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Kabaya, Dr Mukanyirigira Edith,
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabaya,
Umuyobozi wa Polisi (RNP) kuri Sitatiyo ya Kabaya,
Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima Rusange,
Abakozi b’Ibitaro bya Kabaya,
abarwayi n’abarwaza,
hamwe n’abaturage bagana Ibitaro bya Kabaya.
Nyuma habayeho kureba aho imirimo yo kubaka ikigo nderabuzima cya Kabaya igeze. Iri kugenda neza, havuzwe ko igomba kwihutishwa
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru wa Koperative Umuganga Sacco, intumwa ya Minisiteri y'Ubuzima, yayoboye inama…
Mu karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. Uyu munsi igikorwa cyabereye ku rwibutso…
Mu murenge wa Ndaro k'ubufatanye n'umushinga SAIP II hatanzwe inkoko 1800 z' amagi ku miryango 450.
Iki gikorwa kiri mu rwego rwo kurwanya imirire…