Ngororero: Abikorera bashyigikiye Ikigega Agaciro Development Fund (ADF)
Kuri uyu wa 14/11/2019 mu cyumba cy'inama cy'Akarere habaye inama ku bukangurambaga bwo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund (ADF)
Umuyobozi w'akarere Bwana Ndayambaje Godefroid watangije iyi nama yasabye abayitabiriye kuba intumwa nziza kandi bakaba n'abambere mu gutuma gahunda z'Agaciro Development Fund zitera imbere.
Umukozi w'ikigega Agaciro Ntabana Jean Bosco yatanze ikiganiro ku mavu n'amavuko yacyo , uburyo igitekerezo cyo kugishinga cyavuye mu nama y'igihugu y'umushyikirano ku nshuro yayo ya 11.
Intego yacyo ikaba kwigira, gutuma ubuzima bw'iguhugu budahungabana igihe cy'amage, guteganyiriza u Rwanda rw'ejo rwubashywe mu ruhando rw'amahanga.



Abitabiriye inama bashyigikiye ADF
Icyerekezo ni uko iki kigega kigomba gukomera ku buryo cyakemura ibibibazo bitunguranye haba mu bukungu n'imibereho myiza y'abaturage hadategerejwe inkunga z'amahanga.
Abitabiriye inama bibukijwe ko gutanga umusanzu mu gaciro atari itegeko ahubwo ari inshingano ku munyarwanda ukunda igihugu.
Kw'ikubitiro cyatangiranye agera kuri miliyari 18,5 ubu kikaba gifite izisaga miliyari 195. Kiguriza amabanki ari naho gikura gutera imbere kwacyo.
Inama yitabiriwe n 'abikorera, amabanki, inganda, amakoperative.
Aba bose bavuze ko bumva neza impamvu z' iki kigega kandi ko bazakomeza gukangurira abo bahagarariye kugishyigikira buri wese uko ashoboye.
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…