Ngororero: Abikorera bashyigikiye Ikigega Agaciro Development Fund (ADF)

Kuri uyu wa 14/11/2019 mu cyumba cy'inama cy'Akarere habaye inama ku bukangurambaga bwo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund (ADF)
Umuyobozi w'akarere Bwana Ndayambaje Godefroid watangije iyi nama yasabye abayitabiriye  kuba intumwa nziza kandi bakaba n'abambere mu gutuma gahunda z'Agaciro Development Fund zitera imbere.
Umukozi w'ikigega Agaciro Ntabana Jean Bosco yatanze ikiganiro ku mavu n'amavuko yacyo , uburyo igitekerezo cyo kugishinga cyavuye mu nama y'igihugu y'umushyikirano ku nshuro yayo ya 11.
Intego yacyo ikaba kwigira, gutuma ubuzima bw'iguhugu budahungabana igihe cy'amage, guteganyiriza u Rwanda rw'ejo rwubashywe mu ruhando rw'amahanga.

                                           Abitabiriye inama bashyigikiye ADF
Icyerekezo ni uko iki kigega kigomba gukomera ku buryo cyakemura ibibibazo bitunguranye haba mu bukungu n'imibereho myiza y'abaturage hadategerejwe inkunga z'amahanga.
Abitabiriye inama bibukijwe ko gutanga umusanzu mu gaciro atari itegeko ahubwo ari inshingano ku munyarwanda ukunda igihugu.
Kw'ikubitiro cyatangiranye agera kuri miliyari 18,5 ubu kikaba gifite izisaga miliyari 195. Kiguriza amabanki ari naho gikura gutera imbere kwacyo.
Inama yitabiriwe n 'abikorera, amabanki, inganda, amakoperative.
Aba bose bavuze ko bumva neza impamvu z' iki kigega kandi ko bazakomeza gukangurira abo bahagarariye kugishyigikira buri wese uko ashoboye.


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->