Ngororero: Abashinzwe imibereho myiza barasabwa gutanga raporo zifite ubuziranenge
Kuwa 27/11/2019 muri salle y’Akarere ka Ngororero habereye inama kuri Human Security issues .
Iyo Inama yayobowe na Madamu MUKAMANA Soline, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima.
Inama yitabiriwe kandi n’Umuyobozi w’Ishami ry’Imiturire n’ibikorwa remezo Bwana NTAKIYIMNA Jean Pierre Celestin, ba ASOCs b'Imirenge, Umukozi ushinzwe ubukangurambaga bwa MUSA n' Umukozi ukurikirana ibikorwa bya ECDs.
Ingingo zaganiweho:
1. Kurebera hamwe aho imirenge igeze icyemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage
2. Imitangire ya raporo.
Nyuma yo kungurana ibitekerezo kuri izi ngingo hafashwe imyanzuro zikurikira: - Ba ASOCs basabwe gukurikirana umunsi ku umunsi ikemurwa ry’ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’Abaturage ndetse bakanasesengura neza raporo ziva mu tugali kugirango zitangwe mu karere zifite ubuziranenge -Hibukijwe raporo zitangwa buri cyumweru - Gushaka ibibanza ku batabigira kandi ahari ibisigara bya Leta hakubakwa hakabaho no kubaka amazu yegeranye aho bishoboka kandi ari ku mudugudu kugira ngo bizorohe mu kwegerezwa ibikorwa remezo;
- Bibukijwe ko bagomba gutanga raporo ku gihe, bakurikije canevas yatanzwe, kandi ikaba ari raporo y'ibikorwa babanje gusura ikaba igaragaza n'amafoto ya buri gikorwa. - Kugira ngo imirimo igende neza ni ngombwa ko ba Land managers b'imirenge bajya bafasha ba ASOC mu bijyanye n'inyubako kugira ngo babafashe kumenya ibikenewe cyane cyane nk'isakaro no kubarura ibibanza byishyurwa amafaranga y'a LETA. - Hibukijwe ko umugenerwabikorwa uhawe inzu agomba kugirana amasezerano na Leta yo kuyifata neza

- Bongeye kwibutswa ko amafaranga n ‘ibikoresho byasagutse mu biza byakoreshwa muri HSI. - Kwihutisha gusakara amazu kuko amabati yatanzwe - Gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza. y’Abaturage Ku bindi : mu rwego rwo kurwanya imirire mibi , ba ASOCs bibukijwe ko hari amafaranga ya SPRP yoherejwe mu mirenge ku bikorwa bitandukanye ariko hakaba hari imirenge itarayakoresheje yose, abayakoresheje nabo bakaba bataratanze raporo. Basabwe kwihutisha ibitarakozwe bakabitangira raporo byose
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…