Ngororero; Abanyeshuli bishimiye "'fresheri mu mashuli"

Uyu munsi mu Karere ka Ngororero, kimwe n'ahandi mu gihugu, hatangijwe ubukangurambaga bwa #FresheriKuIshuri bugamije guteza imbere umuco w’isuku n’isukura uhoraho mu mashuli. Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yatangije ubu bukangurambaga mu murenge wa Nyange mu kigo cy'amashuli cya ES NYANGE aho yasabye abanyeshuri n'abarezi  kwimakaza #IsukuHose .
Meya Nkusi: “Isuku si iy'umunsi umwe, ni umuco. Ishuri ni isoko y’ubuzima, umunyeshuri usa neza, woze kandi wambaye neza atekereza neza.”
Ubu bukangurambaga bwatangijwe  mu mashuri yose hirya no hino mu mirenge ku
nsanganyamatsiko  igira iti: <<Isuku impereho Isuku ibe umuco>>
Ibyaranze iki gikorwa:

- Gutera ibiti by'imbuto ziribwa;
- Umuganda w'isuku hatunganwa ubusitani(gukata no guharura ibyatsi)
- Ikinamico zimakaza umuco w'isuku mu mashuli; no mu ngo
- Umuvugo wimakaza Isuku n'isukura hagamijwe guhindura imyumvire itari myiza
- Ubutumwa  bwerekeye isuku n'isukura.
Hateganijwe amarushanwa n'ibikorwa by'udushya mu mashuli.
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madame MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye iki gikorwa mu murenge wa Kabaya aho yahuje ibigo bya Nahuje ibigo bya  GSs Saint  Raphael, Saint Dominique na GS Ibuka.

Iki gikorwa. cy'ubukangurambaga bwa fresheri mu mashuli bwishimiwe nn'abanyeshuli n'abalimu kuko buzatuma isuku iba umuco kuri buri wese n'ahantu hose


Ngororero: Urubyiruko rwibukijwe gukomera ku bumwe bw'Abanyarwanda

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…

Read more →

Ngororero: NEC yagabiye inka 8 imiryango y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…

Read more →

Ngororero: Hafashwe ingamba zo gukumira Rift Valley Fever

Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…

Read more →

Ngororero: Urugamba rwo kurandura imirire mibi rurakomeje

Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…

Read more →

Ngororero: inama mpuzabikorwa yarebye mu nguni zose z'ubuzima bw'Akarere.

Habaye inama ya komite  mpuzabikorwa  y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere  ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…

Read more →

Ngororero: Bene amacumbi basabwe gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina.

Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…

Read more →

Umurenge wa Matyazo: Basabwe kwihutisha dosiye zerekeye ingurane

Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…

Read more →

Ngororero: Hasesenguwe intambwe imaze guterwa mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturge

Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…

Read more →

Ngororero: JADF iIsangano yongeye kugaragaza uruhare rwayo mu iterambere ry'Akarere

Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero  hasojwe  imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.

Ibyaranze igikorwa:

-…

Read more →
-->