Ngororero; Abanyeshuli bishimiye "'fresheri mu mashuli"
Uyu munsi mu Karere ka Ngororero, kimwe n'ahandi mu gihugu, hatangijwe ubukangurambaga bwa #FresheriKuIshuri bugamije guteza imbere umuco w’isuku n’isukura uhoraho mu mashuli. Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yatangije ubu bukangurambaga mu murenge wa Nyange mu kigo cy'amashuli cya ES NYANGE aho yasabye abanyeshuri n'abarezi kwimakaza #IsukuHose .
Meya Nkusi: “Isuku si iy'umunsi umwe, ni umuco. Ishuri ni isoko y’ubuzima, umunyeshuri usa neza, woze kandi wambaye neza atekereza neza.”
Ubu bukangurambaga bwatangijwe mu mashuri yose hirya no hino mu mirenge ku
nsanganyamatsiko igira iti: <<Isuku impereho Isuku ibe umuco>>
Ibyaranze iki gikorwa:
- Gutera ibiti by'imbuto ziribwa;
- Umuganda w'isuku hatunganwa ubusitani(gukata no guharura ibyatsi)
- Ikinamico zimakaza umuco w'isuku mu mashuli; no mu ngo
- Umuvugo wimakaza Isuku n'isukura hagamijwe guhindura imyumvire itari myiza
- Ubutumwa bwerekeye isuku n'isukura.
Hateganijwe amarushanwa n'ibikorwa by'udushya mu mashuli.
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madame MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye iki gikorwa mu murenge wa Kabaya aho yahuje ibigo bya Nahuje ibigo bya GSs Saint Raphael, Saint Dominique na GS Ibuka.
Iki gikorwa. cy'ubukangurambaga bwa fresheri mu mashuli bwishimiwe nn'abanyeshuli n'abalimu kuko buzatuma isuku iba umuco kuri buri wese n'ahantu hose
Mu Karere ka Ngororero hizihijwe umunsi wahariwe ingo mbonezamikurire (ECD DAY) no kurwanya igwingira. Igikorwa cyabereye mu murenge wa Kabaya.…
Uyu munsi mu murenge wa Kavumu habaye igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro umushinga wa CACCE ugamije gufasha abaturage guhangana n’imihindagurikire…
Abakozi b'Akarere ka Ngororero bari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere n'abayobozi b'inzego z'umutekano bizihije ibirori by'Umunsi Mpuzamahanga…
Mu ma Paroisse Gatolika yo mu Karere ka Ngororero habereye ibirori byo gusoza icyumweru cyahariwe uburezi Gatolika ku nsanganyamatsiko igira iti:…
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…