Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe Benjamine yayoboye inama y'uburezi yatumiwemo Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge, abakozi bashinzwe uburezi mu mirenge, abayobozi b'ibigo by'amashuli abanza n'ayisumbuye. Hari kandi abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere.
Abari mu nama bunguranye ibitekerezo ku buryo abana bataye ishuli barigarukamo.
Umuyobozi w'Akarere yavuze ko abana bose bagomba kugaruka kw'ishuli, abumva barengeje imyaka yo kwiga mu mashuli abanza bakagana amashuli y'imyuga.
Meya Nkusi: "Ni icyasha gikomeye ku Karere kacu igihe tugifite abana bataraguruka ku ishuli. Buri wese mu bitabiriye inama ashyiremo imbaraga zidasanzwe ku bufatanye n'ababyeyi abana bose bige."
Hafashwe umwanzuro ko abana bose batari ku ishuli bagomba kuba barigarutsemo bitarenze tariki 2/03/2026 mbere y'uko ibizamini by'igihembwe cya 2 bitangira.
Muri iyi nama umugenzuzi w'uburezi mu Karere yerekanye ibyavuye mu bugenzuzi bwakozwe mu gihembwe kirangiye ku bijyanye n'isuku n'imibereho y'abanyeshuli. Byagaragaye ko hari impinduka nziza muri rusange; gusa haracyaboneka amashuli akigaragaza isuku idahagije. Inama kandi yaganiriye ku mitsindire y'abanyeshuli, imyigire n'imyigishirize
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…