Ngororero: abana 212 ubu bafite imirire mibi bitarenze kuwa 31/12/2020 bagomba kuba bakize
Ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama ku kurwanya imirire mibi mu bana yateranye kuri uyu wa 10/09/2020.
Ibyari ku murongo w’ibyigwa:
- Uko ibipimo by'imirire bihagaze muri zone y'ibitaro bya Kabaya na Muhororo
-Kugaragariza abitabiriye inama ibyavuye mu bugenzuzi bwakonzwe n'abakozi bo mw'ishami ry'ubuzima
- Imitangire n'imicungire y'inyunganiramirire mu bigo nderabuzima
- Imihigo yo mw'ishami ry'ubuzima
-Kwirinda icyorezo cya Koronavirusi
Nyuma yo kungurana ibitekerezo bitandukanye ku ngingo zavuzwe haruguru, hafashwe imyanzuro ikurikira:
Abitabiriye inama bemeye ko bakomeza gukurikirana abana 212 ubu bafite imirire mibi bitarenze kwa 31/12/2020 bakaba bakize
Abitabiriye Inama bemeye ko abana bose bari munsi y'imyaka 5 bazajya bapimwa ntawe ucikanywe
Mu rwego rwo gukumira imirire mibi n’igwingira, hemejwe ko Abajyanama b’Ubuzima bazarushaho gusobanurirwa inshingano zabo mu kwita ku minsi 1000 y'ubuzima bw'umwana
Hemejwe ko bazakurikirana abaturage bafata inyunganira mirire (shisha kibondo, amata na ongera) kugirango harebwe ko batazigurisha.
Gukomeza gukurikirana ko ibikoresho byatanzwe muri HBECD n'umushinga wa SPRP (Stunting Prevention and Reduction Project) bikoreshwa neza icyo byagenewe
Hemejwe Ko abana bose 212 bafite imirire mibi bakurikiranwa iminsi 12 n’ibitaro hamwe n’ibigonderabuzima nderabuzima
Hemejwe Ko igikoni cy’umudugudu gikora hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi
Ibigo nderabuzima byasabwe nabyo kugira imirima y’igikoni izabafasha kwerekera ababyeyi bafite abana bari munsi y’Imyaka 5 uko bategura indyo yuzuye
Abitabiriye inama biyemeje kurushaho gukangurira abaturage kugira isuku; basabwe gukora cyane kugirango imihigo basobanuriwe yeswe; basobanuriwe igenzura rikomatanyije rizakorwa na MINALOC, NECDP , RBC na MIGEPROF kuva kuwa 14/09/2020 kugeza kuwa 18/09/2020, basabwa gukomeza kwitegura neza; basabwe gukomeza gufatanya mu gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Koronavirusi no kugenzura ko amabwiriza yashyizweho yubahirizwa.
Inama yitabiriwe n’abakozi baturutse mu mu bitaro , mu bigo nderabuzima ndetse no mu mirenge;yafunguwe kandi iyoborwa n' umuyobozi w'ishami ry'ubuzima Madamu MUKAMANA Soline wari uhagarariye ubuyobozi bw’Akarere.

Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…