Ngororero: abakozi b'utugari bashinzwe iterambere basabwe kurushaho gutanga serivisi nziza

Mayor Ndayambaje yasabye aba SEDOs kubahiriza amasaha y'akazi
Kuwa 6/11/2019 umuyobozi w'Akarere Bwana Ndayambaje Godefroid, VM ASOC abakuriye inzego z'umutekano, umuyobozi w'ishami rishinzwe abakozi n'amategeko bagiranye inama n'bashinzwe iterambere ry'utugali (SEDOs) 73.
Hasuzumwe imikorere n'imikoranire hagati ya SEDO n'umunyamabanga nshingwabikorwa w'akagari, HSI, imihigo iri mu nshingano za SEDO.
Muri iyi nama aba SEDOs bagaragaje ingorane bahura nazo mu kazi nko kuba ba gitifu b'utugari batabaha amakuru ajyanye n'akazi.
Bwana Ndayambaje yavuze ko we na bagenzi be bakurikirana umunsi ku wundi imikorere n'imikoranire mu mirenge n'utugari kandi ko aho iitameze neza bigomba gukosorwa. Yabasabye kwita ku nshingano zabo bakarangwa n'ubunyangamugayo, bakirinda ruswa, bakaba intangarugero mu baturage bashinzwe kandi bakubahiriza amasaha y'akazi.

Col Ngarambe yasabye aaba SEDOs kugira ishyaka mu kazi
Umuyobozi w'ingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro Colonel James NGARAMBE yunze mu rya mayor Ndayambaje asaba ba CEDOs gushyira imbere inyungu z'abaturage, bakabaha serivisi zinoze. Ati murangwe no kugira ishyaka ryo gukora neza muteze imbere abo mushinzwe.
Umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage madame Mukunduhirwe Benjamine yasabye abitabiriye inama kurushaho gukora ubukangurambaga abaturage bakishyura ubwisungane mu kwivuza ku gihe kandi bakirinda guhindura ibyiciro by'ubudehe kuko nta bubasha babifitiye.
Umuyobozi wa police mu karere SP Mayinga Alphonse yaburiye aba CEDOs bakira ruswa, biyandarika mubo bayobora ko batazongera kwihanganirwa.


DPC SP Mayinga ngo ruswa irazira Vm ASOC Mukunduhirwe yasabye SEDOs kunoza ubukangurambaga.

vm Asoc Mukunduhirwe yasabye aba SEDOs kunoza ubukanguramaba mu baturage
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…