Ngororero: Abahawe telefone bagiye gushyiraho group Watsapp bise SMART NGORORERO
Ni umwanzuro wavuye mu gikorwa cyo gutanga telefone 1000 Nyakubahwa Perezida wa Republika yahaye abaturage mu Karere ka Ngororero muri gahunda ya Connect Rwanda. Igikorwa cyabereye mu mirenge yose 13 kuri uyu wa gatanu 13/03/2020. Ku rwego rw'Akarere cyabereye mu murenge wa Ngororero.



Mayor Ndayambaje na CEO wa RISA mu gikorwa cyo gushyikiriza abaturage telefone
Umushyitsi mukuru Bwana Innocent BAGAMBA MUHIZI Chief Executive Officer wa Rwanda Information Society Authority (RISA) wari ahagarariye Minister w'Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya yabwiye abahawe telefone ko atari iz'umurimbo ko ahubwo ari izo koroshya ubuzima.
Yabahaye n'ubutumwa bwa minister bujyanye no kuzifara neza kandi bakazitura Umukuru w'Igihugu uhora uzirikana iterambere ry'abaturage. Bwana Muhizi yasobanuye ko bazamwitura bazifata neza, birinda kuzigurisha kandi batangira amakuru yose ku gihe.
Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid nawe yasabye abaturage
kuzikoresha neza zigahindura ubuzima bwabo, zigateza imbere imiryango yabo zibafasha kubungabunga igihe n'amafaranga.


Umuyobozi w'ingabo n'uwa police bari mu gikorwa cyo gutanga telefone
Abazihawe nabo biyemeje gutangira amakuru ku gihe, kuzikoresha mu buzima bwa buri munsi haba mu buhinzi, ubworozi, ubuzima... Mw'izina rya bagenzi be Bwana Urengejeho Callixte wo mu mudugudu wa Rwambariro mu kagari ka Torero yashimiye umukuru w'Igihugu Nyakubahwa Perezida wa Republika Paul Kagame udahwema gushakira abanyarwanda ibyiza bibateza imbere birimo gahunda ya Girinka munyarwanda.
Gasaruhande Elie umuyobozi w'umudugudu w'icyitegererezo wa Kanyenyeri na Nyirambabazi Tewodeta utuye mu mudugudu wa Nyarubingo mu kagari ka Rususa bavuze ko izi telefone zizabafasha kubona amakuru ajyanye n'ubuhinzi nabo bakayageza kuri bagenzi babo.


Abahawe telefone barashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika
Abahawe telefone bafite amahugurwa ku mikoreshereze yazo azamara icyumweru bakaba biyemeje gushyiraho Koperative yitwa SMART NGORORERO.
Buri telefone yatanzwe ifite itumanaho rya 500 frws na internet y'amezi 3.
Abafatanyabikorwa bari bitabiriye uyu muhango bari Mara Phone, MTN , RISA na ETHOS. Mu mirenge yose igikorwa cyagenze neza.


Mu Karere ka Ngororero hizihijwe umunsi wahariwe ingo mbonezamikurire (ECD DAY) no kurwanya igwingira. Igikorwa cyabereye mu murenge wa Kabaya.…
Uyu munsi mu murenge wa Kavumu habaye igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro umushinga wa CACCE ugamije gufasha abaturage guhangana n’imihindagurikire…
Abakozi b'Akarere ka Ngororero bari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere n'abayobozi b'inzego z'umutekano bizihije ibirori by'Umunsi Mpuzamahanga…
Mu ma Paroisse Gatolika yo mu Karere ka Ngororero habereye ibirori byo gusoza icyumweru cyahariwe uburezi Gatolika ku nsanganyamatsiko igira iti:…
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…