Ngororero: abagizweho ingaruka n'ibiza batangiye kugobokwa
Uyu munsi ku cyumweru tariki ya 10/05/2020 abaturage bagizweho ingaruka z'ibiza batangiye kubona ubufasha.
Ku bufatanye bw'Akarere ka Ngororero, Minisiteri y'imicungire y'ibiza na Croix Rouge y'u Rwanda
bahawe ibikoresho by'ibanze birimo iby'isuku, ibyo mu gikoni n'ibiryamirwa.
Imiryango yabuze abayo MINEMA yayigeneye inkunga yo kuyifata mu mugongo.


Nk'uko byavuzwe n'aba bafatanyabikorwa imfashanyo zirimo ibiribwa n'ibikoresho by'ubwubatsi nazo zizabageraho vuba.
Bihanganishije ababuze ababo babasaba gukomera bagaharanira ejo habo heza.
Ababonye ubufasha uyu munsi ni abo mu mirenge ya Ngororero, Muhororo, Hindiro, Matyazo na Kabaya. Igikorwa kizakomereza no mu yindi mirenge. Nk'uko byavuzwe n'umuyobozi wungirije wa Croix Rouge y'u Rwanda Bwana Mazimpaka Emmanuel imiryango 1023 icumbikiwe mu bigo by'amashuri n'ahandi yasenyewe n'ibiza mu Karere ka Ngororero izahabwa ibiringiti , amasafuriya , imikeka amasabune , amasahani,indobo n' ibikombe.


Abanyangororero batuye hirya no hino mu gihugu nabo bifatanije n'abahuye n'akaga. Ubu barimo gukusanya inkunga yo kubafata mu mugongo.
Honorable Depite Manirarora Annoncee yafashe iya mbere mu guhamagarira abahuriye ku rubuga rwa Ngororero Network gukusanya imfashanyo yo gutabara abahuye n'ibiza.
Aragira ati "Bavandimwe duhuriye kuri uru rubuga mwiriwe neza. Muri iyi minsi nkuko mwagiye mubikurikira Akarere kacu kahuye n'ibyago byatewe n'ibiza, bitwara ubuzima bwa bamwe mu baturage, kugeza ubu abitabye Imana ni 21. Nk'uko mu muco mwiza usanzwe uturanga nk'abavuka mu Ngororero, byaba byiza twishatsemo inkunga yo gufata mu mugongo imiryango yabuze ababo. Buri wese uko yifite turebe icyo twamarira abavandimwe basigaye. Imana ibahe umugisha"
Iki gitekerezo cyashimwe na bose ndetse kirimo gushyirwa mu bikorwa.
Abapfuye bazize ibiza kuva ukwezi kwa 4 gutangiye.
Kavumu: 7
Matyazo: 6
Kageyo: 2
Gatumba: 2
Hindiro : 1
Sovu : 1
Muhanda: 1
Ngororero:1
Inzu 213 zasenyutse
Ngororero 15
Gatumba 27
Kabaya 24
Matyazo 23
Bwira 42
Ndaro 4
Muhororo 10
Sovu 8
Kageyo 5
Nyange 3
Hindiro 13
Muhanda 18
Kavumu 21


Igikorwa cy'uyu munsi cyayobowe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Uwihoreye Patrick.
Yari kumwe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madame Mukunduhirwe Benjamine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere Bwana Abiyingoma Gerard, intumwa ya MINEMA Bwana Habyarimana Jean, intumwa za Croix Rouge y'u Rwanda zari ziyobowe na Bwana Mazimpaka Emmanuel wungirije umuyobozi wa Croix Rouge y'u Rwanda, umuyobozi w'ishami ry'imibereho myiza Bwana Mundanikure Joseph n'umukozi w'Akarere ushinzwe imicungire y'ibiza na VUP Bwana Bareberaho Jean Baptiste.


Mu Karere ka Ngororero hizihijwe umunsi wahariwe ingo mbonezamikurire (ECD DAY) no kurwanya igwingira. Igikorwa cyabereye mu murenge wa Kabaya.…
Uyu munsi mu murenge wa Kavumu habaye igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro umushinga wa CACCE ugamije gufasha abaturage guhangana n’imihindagurikire…
Abakozi b'Akarere ka Ngororero bari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere n'abayobozi b'inzego z'umutekano bizihije ibirori by'Umunsi Mpuzamahanga…
Mu ma Paroisse Gatolika yo mu Karere ka Ngororero habereye ibirori byo gusoza icyumweru cyahariwe uburezi Gatolika ku nsanganyamatsiko igira iti:…
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…