Ngororero: ababyeyi bakomeje gukangurirwa kuboneza urubyaro
Kuwa 03/08/2020, ku isoko rya Gatega mu kagali ka Gatega,habaye igikorwa cyo gutangiza ubukangurambaga bwo kuboneza urubyaro ku bufatanye bw'Akarere n'Imbuto Foundation.
Ni Igikorwa cyatangijwe n'umuyobozi w'ishami ry'ubuzima mu karere ka Ngororero Madame Mukamana Soline wari uhagarariye ubuyobozi bw’Akarere wari kumwe n'umuyobozi w'ibitaro bya Kabaya Dr.NTIRENGANYA Emmanuel.
Iki gikorwa cyatangiye kuwa 3/8/2020 kizarangira taliki 28/08/2020.
Ubu bukangurambaga kandi bwitabiriwe n'abayobozi b'ibigo nderabuzima bikorera muri zone y'ibitaro bya Kabaya, abakozi b'ibitaro bya Kabaya, umukozi ushinzwe ubuzima n'isuku mu murenge wa Hindiro, ushinzwe ibikorwa by'abajyanama b'ubuzima kuri CS Muramba n'abajyanama b'ubuzima.
Abitabiriye bigishijwe:
uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro
Akamaro ko Kuboneza urubyaro
Kwirinda Covid-19
kwita ku mirire y'abana(Gutegura indyo yuzuye)
Kwishyura Ubwisungane mu kwivuza.
Nyuma ababyifuza bahawe service yo kuboneza urubyaro,12 bahise baboneza, 15 baje kubaza ibibazo bitandukanye bahabwa inama.

Umuyobozi w'isahami ry'ubuzima aragaragaza uko abaturage bitabiriye kuboneza urubyaro kugeza kuwa 30/6/2020
| |||
Umurenge | Abagore baboneje urubyaro kugeza Kamena2020 | Abagore bari bategerejwe kuboneza urubyaro kugeza Kamena 2020. (imyaka15-49) | ijanisha % |
| BWIRA | 2496 | 5097.8 | 49.0 |
| GATUMBA | 4298 | 6328.6 | 67.9 |
| HINDIRO | 4618 | 6502.3 | 71.0 |
| KABAYA | 3124 | 9019 | 34.6 |
| KAGEYO | 2821 | 6067.3 | 46.5 |
| KAVUMU | 4233 | 7359 | 57.5 |
| MATYAZO | 2313 | 6807.9 | 34.0 |
| MUHANDA | 3349 | 7567.1 | 44.3 |
| MUHORORO | 5225 | 5771.9 | 90.5 |
| NDARO | 2855 | 6070.2 | 47.0 |
| NGORORERO | 4295 | 9502.1 | 45.2 |
| NYANGE | 2630 | 5919.6 | 44.4 |
| SOVU | 2886 | 7313.9 | 39.5 |
| Total/Akarere | 45143 | 89326.7 | 50.5 |
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…