Umurenge wa Kavumu: Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaranzwe n'ubwicanyi ndengakamere

Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi birakomeje mu Karere ka Ngororero. 
Uy munsi ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kavumu mu cyahoze ari komini Ramba hunamiwe onzirakarengane zazize uko zaremwe. 
Igikorwa cyahuje imiryango y'ababuze ababo baturutse hirya no hino mu Rwanda. 
Mu buhamya bwa Mukasano Gaudence, yagarutse ku bugome ndengakamere bwaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komini Ramba: "Kuyi iyi tariki ya 8/06/1994 muri uyu murenge niho abicanyi bafashe abana 12 babataba mu cyobo ari bazima bapfa urw'agashinyaguro bishwe n'inyota n'inzara." Yavuze uburyo bishe se umubyara bakamuca umutwe areba, bakawuhirika ku musozi nyuma bakamubwira ngo najye kuwuzana…. Ni ubuhamya bwari buteye agahinda gakomeye.
Igikorwa cyitabiriwe  n'intumwa ya rubanda Hon. NYABYENDA Damien, Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe, Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage @MukunduhirweBe, ba Perezida uw'umuryango wa IBUKA na AVEGA mu Karere, abayobozi b'inzego z'umutekano, abajyanama mu Nama  Njyanama y'Akarere n'abaturage b'umurenge wa Kavumu n'iyo bihana imbibi
Ibindi byaranze iki gikorwa:
- ikiganiro ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi cyatanzwe na Padiri mukuru wa Paroisse ya Rususa Gilbert Ntirandekura;
- Ijambo rya Perezida wa Ibuka Bwana Ntagisanimana JeanClaude;
-Ijambo ry'umushyitsi mukuru Hon. NYABYENDA Damien.
Igikorwa cyashojwe nu kunamira inzirakarengane 376 ziruhukiye mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kavumu hashyirwa indabo kuri uru rwibutso.


Umurenge wa Kavumu: Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yaranzwe n'ubwicanyi ndengakamere

Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi birakomeje mu Karere ka Ngororero. 
Uy munsi ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi…

Read more →

Ngororero: ADEPR yunamiye abakristo bazize Jnoside yakorerwe Abatutsi mu 1994

ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje. 
Muri uyu mwanya harimo kwibukwa abari abakristo b'Itorero  ADEPR…

Read more →

Ngororero: Abasenateri basuye ibikorwa bifasha mu guhanga imirimo

Itsinda  ry'Abasenateri bo muri   Komisiyo y'imibereho myiza y'abaturage, Uburezi,  ikoranabuhanga n'Urubyiruko riyobowe na Hon. Dusingizemungu Jean…

Read more →

Amashuli yashishikarijwe gukoresha ifu y’ibigori byuzuye kandi byongewemo intungamubiri

Uyu munsi tariki ya 3 Kamena 2026 muri Hoteli FALIBA, habereye amahugurwa ku ikoreshwa ry’ifu y’ibigori byuzuye kandi byongewemo intungamubiri…

Read more →

Ngororero: High Sec Ltd igiye kuzajya itwara imyanda iva mu bwiherero.

Kuri uyu wa 02 Kamena habaye inama  yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, ubuyobozi bw’Imirenge ya Kabaya, Ngororero, Gatumba na Nyange, ndetse…

Read more →

Ngororero: Imiryango yagizweho ingaruka n'ibiza yasuwe.


Kuri uyu wa 02 Kamena 2026, hasuwe zimwe mu nzu zubakiwe abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Ngororero hagamijwe kureba inkunga bahawe,…

Read more →

Ngororero: High Sec Ltd igiye kuzajya itwara imyanda iva mu bwiherero.

Kuri uyu wa 02 Kamena habaye inama  yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, ubuyobozi bw’Imirenge ya Kabaya, Ngororero, Gatumba na Nyange, ndetse…

Read more →

Umurenge wa Gatumba: Minisitiri Biruta yifatanije n'abaturage mu muganda ngarukakwezi

Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi wabereye mu murenge yose igize Akarere ka Ngororero. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Gatumba…

Read more →

Umurenge wa Gatumba: GS Muhororo yahushye buji 75

GS Muhororo yo mu Murenge wa Gatumba yizihije Yubile y'imyaka 75 imaze ishinzwe.
Uyu muhango witabiriwe n’abashyitsi batandukanye. Ubuyobozi bw’Akarere…

Read more →
-->