Ngrorero: Akarere kashimiwe aho kageze gakemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturge
Kuri uyu wa 20 Nyakanga 2020 Taskforce yo ku rwego rw'Igihugu ikurikirana ikemurwa ry'ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage (Human Security Issues= HSI) yasuye Akarere ka Ngororero.
Yari yobowe na ACP Muhisoni Rose ari kumwe n'intumwa ya Minaloc Bwana Rushisha Charles.
Baje kureba aho Akarere kageze mu gukemura ibi bibazo.
Nyuma ya presentation igaragaza aho Akarere kageze gakemura ibibazo byavuzwe hejuru bashimiye ubuyobozi bw'Akarere impinduka zigaragara mu kubikemura ndetse n'imbaraga zakoreshejwe kugirango izi mpinduka zigegweho.


Bagiye inama y'uko ibitarakemurwa byakwihutishwa. Nyuma yo kungurana ibitekerezo na Komite Nyobozi, inzego z'umutekano n'abatekinisiye bafite mu nshingano ikemurwa ry'ibi bibazo habayeho kujya gusura abaturage mu mirenge ya Hindiro na Ngororero.
ACP Muhisoni yasabye abaturage bahawe ubufasha nk'abubakiwe amazu gukora cyane ku buryo bava mu cyiciro barimo bakimukira mu gisumbuyeho.
Yanababwiye ko nabo bagomba gushyiraho akabo ntibahore bahanze amaso Leta bibwira ko izabakorera byose.
Mu Karere ka Ngororero habaruwe imiryango 517 muri mwaka wa 2019-2020 y'abaturage batagiraga aho kuba, ubu abagera ku miryango 306 bakaba bamaze gutuzwa neza n'indi isigaye ikaba iri kubakirwa.


Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi birakomeje mu Karere ka Ngororero.
Uy munsi ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi…
ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje.
Muri uyu mwanya harimo kwibukwa abari abakristo b'Itorero ADEPR…
Itsinda ry'Abasenateri bo muri Komisiyo y'imibereho myiza y'abaturage, Uburezi, ikoranabuhanga n'Urubyiruko riyobowe na Hon. Dusingizemungu Jean…
Uyu munsi tariki ya 3 Kamena 2026 muri Hoteli FALIBA, habereye amahugurwa ku ikoreshwa ry’ifu y’ibigori byuzuye kandi byongewemo intungamubiri…
Kuri uyu wa 02 Kamena habaye inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, ubuyobozi bw’Imirenge ya Kabaya, Ngororero, Gatumba na Nyange, ndetse…
Kuri uyu wa 02 Kamena 2026, hasuwe zimwe mu nzu zubakiwe abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Ngororero hagamijwe kureba inkunga bahawe,…
Kuri uyu wa 02 Kamena habaye inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, ubuyobozi bw’Imirenge ya Kabaya, Ngororero, Gatumba na Nyange, ndetse…
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi wabereye mu murenge yose igize Akarere ka Ngororero.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Gatumba…
GS Muhororo yo mu Murenge wa Gatumba yizihije Yubile y'imyaka 75 imaze ishinzwe.
Uyu muhango witabiriwe n’abashyitsi batandukanye. Ubuyobozi bw’Akarere…