Ngororero: Nta rusengero rurafungura ariko imyiteguro iragenda neza kandi igeze kure
Mu rwego rwo gukumira no kwirinda Covid-19 amatorero n'amadini ashishikariye kwitegura abayoboke bayo hubahirijwe amabwiriza yatanzwe n'inzego zibishinzwe. Amatsinda y'Akarere afatanije n'ay'imirenge aragenzura niba koko amabwiriza agenda yubahirizwa. Ahenshi imyiteguro iragenda neza kuburyo insengero ziri hafi kongera gufungura.
Itsinda ryaturutse ku Karere riri kumwe n'iry'umurenge wa Kabaya, ryasuye insengero 4 n'imisigiti 2. Itsinda ryasanze bariteguye gusa bagiriwe inama yo gutondeka neza ibyo bateguye bibafasha kwirinda no kurwanya COVID-19, cyane cyane ibijyanye n'isuku n'isukura.
Igikorwa cyayobowe n'umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madame MUKUNDUHIRWE Benjamine ari kumwe n'inzego z'umutekano.
Mu murenge wa Gatumba hasuwe insengero 5 n'umusigiti 1, harebwa imyiteguro yo gufungura uko ihagaze, murwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kurwanya no gukumira ikwirakwizwa rya COVID-19.
Igikorwa cyari kiyobowe na Madame MUKAMWEZI Cansilde umuyobozi wa RIB mu Karere ka Ngororero
Mu murenge wa Nyange itsinda riyobowe n'umuyobozi wa Police mu karere ryasuye insengero 4. Naho ryasanze imyiteguro igeze kure.
Ahasuwe hose imyiteguro imeze neza kuko ibisabwa byari bihari ndetse ubona ko nibyo basabwe gukora mu kwitegura gufungurirwa babyubahirije nk'uko byateganwaga n'amabwiriza ya Leta.
Mu karere ka Ngororero harabarurwa amatorero 29 afite insengero zigera kuri 402.


Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi birakomeje mu Karere ka Ngororero.
Uy munsi ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi…
ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje.
Muri uyu mwanya harimo kwibukwa abari abakristo b'Itorero ADEPR…
Itsinda ry'Abasenateri bo muri Komisiyo y'imibereho myiza y'abaturage, Uburezi, ikoranabuhanga n'Urubyiruko riyobowe na Hon. Dusingizemungu Jean…
Uyu munsi tariki ya 3 Kamena 2026 muri Hoteli FALIBA, habereye amahugurwa ku ikoreshwa ry’ifu y’ibigori byuzuye kandi byongewemo intungamubiri…
Kuri uyu wa 02 Kamena habaye inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, ubuyobozi bw’Imirenge ya Kabaya, Ngororero, Gatumba na Nyange, ndetse…
Kuri uyu wa 02 Kamena 2026, hasuwe zimwe mu nzu zubakiwe abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Ngororero hagamijwe kureba inkunga bahawe,…
Kuri uyu wa 02 Kamena habaye inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, ubuyobozi bw’Imirenge ya Kabaya, Ngororero, Gatumba na Nyange, ndetse…
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi wabereye mu murenge yose igize Akarere ka Ngororero.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Gatumba…
GS Muhororo yo mu Murenge wa Gatumba yizihije Yubile y'imyaka 75 imaze ishinzwe.
Uyu muhango witabiriwe n’abashyitsi batandukanye. Ubuyobozi bw’Akarere…